Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 1 Ukwakira nibwo ikipe ya Police ku munsi wa 15 wa shampiyona yatsinze Inyemeramihigo ibitego 47 kuri 31 umukino ubanziriza umukino wa nyuma w’amateka ugomba kuyihuza na APR kuya 9 Ukwakira .
Uyu mukino ikipe ya Polisi yarushije Inyemeramihigo cyane mu gice cya kabiri, Mutuyimana Gilbert wa Polisi niwe watsinze ibitego byinshi mu mukino bigera kuri 12, ibi byanatumye Polisi iyobora urutonde rwa shampiyona n’amanota 45 aho itaratsindwa n’umukino n’umwe.
Uyu mukino kandi ubaye mu gihe Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi ryivanye mu marushanwa, dukurikije amateka mu myaka itatu ishize uyu mukino wanyuma buri wese yaha amahirwe ikipe ya Polisi.
Umwaka ushize wa shampiyona ikipe ya Polisi yatsinze APR umukino ubanza n’uwo kwishyura, gusa ibi umutoza wa Polisi Sgt Mudahemuka Alphonse nta gaciro abiha kubera ko mu mupira w’intoki byose bishoboka.
Sgt Mudahemuka yagize ati :"amateka ntabwo ariyo atwara ibikombe, turizera ko tuzitwara neza mu mukino wanyuma, dufite umukino mwiza uyu mwaka kandi iyi tsinzi y’umukino wa nyuma iziyongera ku mateka y’umwaka ushize aho twarangije shampiyona tudatsinzwe, iyi ni nayo ntego yacu ya buri munsi”
Mu matora yo kujya mu matsinda mu gikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, ikipe ya Police FC irabarizwa mu itsinda rya mbere aho iri kumwe na Esperance sportive (Tuniziya), AL Ahly (Misiri), Minuh (Kameruni), na Calman yo muri Kongo.
Mu gihe itsinda rya kabiri ribarizwamo amakipe nka Zamalek (Misiri), Widad Smara (Maroke), FAP (Kameruni), AS Douane (Burukina Faso), ndetse na JSK yo muri repubulika iharanira demokarasi ya Kongo.
Ku nshuro ya 38 aya marushanwa ny’Afurika aba iyi izaba ibaye inshuro ya gatatu ikipe ya Police yitabira aya marushanwa nyuma yo mu mwaka wa 2012 ndetse n’umwaka ushize wa 2015.
Kinyarwanda
English










