Abayobozi b’inzego z’ibanze zo mukarere ka Gisagara bakanguriwe kongera no gufata ingamba mu gucunga umutekano.
Ubu butumwa bwatanzwe na Meya w’akarere ka Gisagara Léandre Karekezi mu nama yagiranye nabo muri iki cyumweru maze abakangurira gufata ingamba zo gucunga umutekano barushaho gukaza amarondo.
Iyi nama ikaba yarabereye mu kagari ka Gatoki ,umurenge wa Save yitabirwa n’umuyobozi wa Polisi muri ako karere Superintendent (SP)Callixte Kalisa .
Meya yavuze ko ” ibyaha bishobora kwirindwa baramutse bashyize hamwe,imbaraga”, yibukije abayobozi ko bakwiye kurwanya ibyaha cyane cyane bakirinda ibiyobyabwenge bakabirinda urubyiruko kuko bibangiriza ubuzima.
Yabasabye gukomeza gukorera hamwe barushaho gukorana n’inzego z’umutekano zirimo Polisi kandi bagatangira amakuru ku gihe kugirango habeho gukumira ibyaha bishobora guhungabanya umutekano bitaraba.
Meya kandi yasabye abakozi bo mu nzego zose gukorera hamwe kandi bakarwanya ibyaha birinda ruswa kandi bagakangurira abaturage kwirinda ibikorwa by’ubusinzi.
SP Kalisa yasabye abagize inzego z’ibanze gukomeza ubukangurambaga mu baturage babarinda gukomeza gucuruza ibiyobyabwenge birimo za Kanyanga,urumogi n’inzoga zitujuje ubuziranenge.
Yavuze ko Polisi itazihanganira uwo ari we wese utubahiriza amategeko cyangwa akayica nkana. Asaba ubufatanye bw’inzego zose mukurwanya no gukumira ibyaha.
Yashimiye abaturage bako karere uruhare bagira mu gutanga amakuru no gukumira ibyaha maze abasaba gukomeza uwo muco kandi bakajya batangira amakuru ku gihe.
Yabibukije ko bagomba gukangurira ababyeyi kurinda abana kujya mu tubari no mu tubyiniro n’ahandi hantu hashobora kubaviramo kwishora mu ngeso mbi.
Kinyarwanda
English











