Mu rwego rwo gufasha abaturage kwiteza imbere barwanya imirire mibi, ndetse no kurwanya ibyaha , kuri uyu wa 06 Nyakanga 2019 Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gicumbi k’ubufatanye n’urubyiruko rw’abakorerabushake bo muri ako karere bubakiye abaturage bo mu mirenge ya Cyumba na Bwisige uturima tw’igikoni tuzabafasha kurwanya imirire mibi, bakora ikibuga cy’umupira ndetse banabumba amatafari 634 yo kuzubakira umuturage utishoboye.
Ibyakozwe kuri uyu wa Gatandatu n’intangiriro y’ibizakorwa mu bukangurambaga buri mu minsi iri imbere bwa Polisi y’u Rwanda ifatanyamo n’urubyiruko rw’abakorerabushake bisanzwe biba buri mwaka aho abaturage bagezwaho ibikorwa bitandukanye bibateza imbere ndetse bakanakangurirwa kurwanya no gukumira ibyaha.
Ni igikorwa cyari kitabiriwe n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage , Mujawamariya Elizabeth.
Mu ijambo rye, yasabye abaturage guhora baharanira kugira imibereho myiza mu miryango yabo , bakirinda ibintu byose byatuma bagira ubuzima bubi. Yibanze cyane k’ugushishikariza abaturage kwita ku mirire yabo ndetse n’iy’abana bato no kwirinda kwishora mu biyobyabwenge.
Yagize ati:” Mugomba kwita ku mirire yanyu , mukagaburira abana amafunguro yujuje intungamubiri kugira ngo batazarwara indwara zituruka ku mirire mibi. Mwirinde kwishora mu biyobyabwenge mu buryo ubwo aribwo bwose, kuko nibyo ntandaro y’ibindi byaha byose.”
Iyi ngingo irebana no kwirinda ibiyobyabwenge byo ntandaro y’ibindi byaha yagarutsweho n’umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana nawe wari witabiriye ibi bikorwa by’ubukangurambaga.
Mu ijambo rye, CIP Rugigana yagaragarije abaturage ko muri aka karere ka Gicumbi ko hakunze kugaragara ibiyobyabwenge bitandukanye, abereka ububi bwabyo abasaba kubyirinda bakabirwanya.
Yagize ati:” Muri kano karere hakunze kugaragara ibiyobyabwenge bitandukanye bituruka mu gihugu duturanye. Niyo mpamvu hanakunze kugaragara ibyaha bijyanye n’ihohotera ryo mu miryango, irikorerwa igitsina gore, gukubita no gukomeretsa, ubujura n’ibindi bitandukanye.”
Yakomeje abasaba kubyirinda ahubwo bagafatanya n’inzego z’umutekano mu kwicungira umutekano, bagakaza amarondo kandi bakajya batangira amakuru ku gihe.
CIP Rugigana yanakanguriye abaturage gukomeza gukurikirana ubukangurambaga bw’umutekano wo mu muhanda buzamara umwaka bwa "Gerayo Amahoro."
Yabakanguriye gukomeza kwirinda impanuka zo mu muhanda ndetse bakajya bihutira gutanga amakuru igihe cyose babonye abakora ibikorwa byateza impanuka zo mu muhanda.
Umuyobozi w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu karere ka Gicumbi, Nganeyezu Emmanuel yasabye urubyiruko gukomeza gufatanya na Polisi n’ubuyobozi bwite bw’igihugu mu bikorwa biteza imbere igihugu cyane cyane barwanya bakanakumira ibyaha.
Abaturage bishimiye ibiganiro n’ibikorwa bahawe n’abayobozi babasezeranya ko bagiye gukurikiza inama babagiriye.

Kinyarwanda
English










