Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Gicumbi na Burera: Hafatiwe inzoga zitemewe zirimo Kanyanga

Tariki 25 Ugushyingo  mu karere ka Gicumbi na Burera hafatiwe inzoga zitemewe, muri Gicumbi hafatiwe amakarito 10 ya Chief Warage, amaduzeni 8 ya Kitoko Warage na litiro 87 za Kanyanga mu gihe  karere  ka Burera hafatiwe  litiro 20 za kanyanga n’amaduzeni  12 y’ikinyobwa cya  Chief Warage.

Izi nzoga zose zafatiwe mu bikorwa bya Polisi  bya buri munsi  bigamije guhagarika no gufata  abakora ubucuruzi bwazo kubera uruhare zifite mu guteza umutekano muke, amakimbirane n’ubukene mu miryango y’abatuye muri turiya turere.

Tariki 25 Ugushyingo ,  mu bikorwa byo  gushaka ahari  inzoga zitemewe, Polisi ikorera mu murenge wa Cyumba muri Gicumbi  yageze mu nzu ya Mbinaruza Veneranda utuye mu murenge wa Cyumba maze ihafatira   amakarito 10 y’inzoga yitwa Chief  Warage, amaduzeni 8 y’inzoga yitwa Kitoko Warage na litiro 87 za Kanyanga.

Kuri uwo munsi kandi,   mu karere ka Burera mu murenge wa Gatebe  hafatiwe moto yo mu bwoko bwa TVS RA 007 itwaye litiro 20 za kanyanga n’amaduzeni 12 y’inzoga yo mu bwoko bwa Chief Warage.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Innocent Gasasira avuga ko kugira ngo ziriya nzoga zifatwe byagizwemo uruhare rukomeye n’abaturage batuye hafi y’aho zafatiwe.

Yagize ati:”Abaturage nibo baduhaye amakuru ko hari moto iri buvane ziriya nzoga mu karere ka Burera izijyana mu karere ka Gicumbi,  nibwo  ku mugoroba mu ma saa moya twagiye mu muhanda,gusa uwari utwaye moto yaratwikanze moto ayivaho ariruka turayisigarana”.

IP Gasasira yakomeje ashimira abaturage ubufatanye bakomeje kugaragariza Polisi y’u Rwanda aho yagize ati” Turashimira abaturage bamaze kumenya ububi bw’ibiyobyabwenge bakaba badutungira urutoki aho biri,ni igikorwa cyiza cyo kubashimira kandi turabasaba gukomeza ubu bufatanye”.

Yaboneho gusaba abaturage kujya birinda kunywa izi nzoga kuko zibangiriza ubuzima, yanaboneyeho gusaba abagifite ingeso yo gutunda , kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge kubireka kuko nta cyiza cyabyo.

Uturere two mu Ntara y’Amajyaruguru dukunze kugaragamo  ziriya nzoga  twavuze haruguru, bikekwa ko zaba zituruka ku bihugu bihana imbibi n’iyi Ntara; Polisi ku bufatanye n’abaturage n’izindi nzego zishinzwe umutekano ikaba ikomeje ibikorwa byo kuburizamo ubutunzi, ubuzuruzi n’ubunywi bwazo muri akagace by’umwihariko n’ahandi mu gihugu muri rusange.