Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Gasabo: Polisi yafashe udupfunyika tw’urumogi turenga 1,900

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Mata 2020 mu masaha atandukanye mu karere ka Gasabo abantu 05 bafatiwe mu bikorwa bya Polisi byo kurwanya ibiyobyabwenge bafatanwa udupfunyika tw’urumogi 1997.  Mu murenge wa Jali mu kagari ka Agateko  hafatiwe uwitwa  Ntawuyirushintege Jean Paul  w’imyaka 29 yafatanwe udupfunyika 51, mu murenge wa Kinyinya mu kagari ka Kagugu hafatiwe Tuyishimire Hassine w’imyaka 33 na Ishimwe  Louange w’imyaka  19 bombi bafatanwe udupfunyika 401  naho mu murenge wa Jali mu kagari ka  Muko hafatiwe  Kanyamashyaka Theophile w’imyaka 25 na Niyongira Innocent  w’imyaka 22 bakaba barafatanwe udupfunyika tw’urumogi 1545. 

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yavuze ko bariya bantu bose bafatiwe mu bikorwa bya Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Muri iriya mirenge hari hamaze iminsi abaturage baduhaye amakuru ko hari abantu bacuruza urumogi nibwo hateguwe igikorwa cyo gufata abo bose bakekwaho kurucuruza no kurunywa.”

Yakomeje avuga ko bafashwe mu bihe bitandukanye bamwe barimo kurucuruza abandi bavuye kururangura.

Ati “Nk’uriya witwa Tuyishimire Hassine yafatanwe udupfunyika 400 naho Ishimwe Louange we yafatanwe agapfunyika kamwe yari amaze kugura kuri Tuyishimire, bose bahise bafatirwa mu cyuho.  Kanyamashyaka Theophile  na Niyongira Innocent  bafatanywe udupfunyika 1,545 baruvanye mu karere ka Rulindo  barujyanye mu karere ka Nyarugenge kurucuruza yo. Ni mugihe Ntawuyirushintege Jean Paul  yafatanwe  udupfunyika 51.”

Aba bose Polisi yahise ibashyikiriza urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) Kugira ngo hakorwe iperereza.

CIP Umutesi yongeye gukangurira abantu kwirinda kwijandika mu biyobyabwenge kuko  ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi  bikaba  byangiza ubuzima bikanaba intandaro yo gukora  ibindi  byaha.

Ati “Icyo duhora dukangurira abaturarwanda ni uko amategeko yakajije ibihano ku muntu wese ufatiwe mu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.  Ikindi kandi ibiyobyabwenge nk’uko bivugitse byangize ubuzima bw’umuntu cyane cyane imitekerereze ye bikamutera gukora ibindi byaha.”

Yashimiye abaturage bamaze kumva neza uruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge bakaba aribo bafata iya mbere mu gutanga amakuru aho babonye abakoresha ibiyobyabwenge.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.  Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.