Muri ibi bihe abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye hirya no hino mu gihugu bari mu biruhuko, ni ibiruhuko birebire by’igihembwe cya Gatatu gisoza umwaka w’amashuri, ni umwanya mwiza baba babonye wo kuruhuka mu mutwe, gusubiramo amasomo ndetse no kugira imirimo bafasha ababyeyi babo ndetse bakagira n’umwanya wo guhurira hamwe bakigishwa indangagaciro ziranga umunyarwanda na kirazira.
Muri uku guhurira hamwe, Minisiteri y’urubyiruko yashyizeho gahunda yo guhuza aba banyeshuri aho bahurira ku rwego rw’akagari, umurenge, akarere, ni gahunda yiswe: “Intore mu biruhuko” ifite insanganyamatsiko igira iti: “Winyicira ubuzima, ejo ni heza”. Uru rubyiruko rw’abanyeshuri ruhurira hamwe rugakora ibikorwa bitandukanye nyuma rukaganirizwa n’inzego zitandukanye zikabatoza kuba intore no kwirinda ibyaha bitandukanye.
Ni muri urwo rwego kuri uyu wa 28 Ugushyingo, umupolisi ushinzwe uburere mboneragihugu no guhuza ibikorwa bya Polisi mu karere ka Burera, Assistant Inspector of Police (AIP) Cyprien Ndatimana ari kumwe n’umukozi w’akarere ushinzwe urubyiruko, Nsengiyumva Jean de la Croix basuye urubyiruko rwo mu kagari ka Ndago, mu murenge wa Rusarabuye. Ni urubyiruko rugera kuri 50 ruri muri gahunda y’Intore mu biruhuko, rwasabwe kurangwa n’indangagaciro nyarwanda ndetse no kwirinda no kurwanya ibyaha nyuma yo gukora igikorwa cy’isuku kuri ako kagari ka Ndago.
Nsengiyumva Jean de la Croix yabaganirije ku bikubiye muri iyi gahunda y’intore mu biruhuko n’igihe izamara, ababwira ko ibikubiye muri iyi gahunda ari ukubaganiriza uko bagomba kwitwara muri ibi biruhuko birinda ibyabashora mu ngeso mbi bikaba byabicira ubuzima bwabo bw’ejo hazaza nk’uko insanganyamatsiko ibivuga ndetse no kubatoza indangagaciro nyarwanda.
Yagize ati: “Iyo muri mu biruhuko niwo mwanya mwiza muba mubonye wo kugira ngo musubire mu masomo yanyu no gufasha ababyeyi imirimo itandukanye, ariko harimo abadakora ibyo ahubwo bakajya mu matsinda atari meza akaba yabashora mu ngeso mbi nko kunywa ibiyobyabwenge, ubusambanyi n’ibindi. Niyo mpamvu Minisiteri y’urubyiruko yashyizeho iyi gahunda kugira ngo muhurire hamwe mwibutswe ko mukwiye kwamagana umuntu wese waza abibashoramo agamije kubicira ubuzima.”
Uyu muyobozi yabakanguriye kujya birinda ababashukisha impano zitandukanye nyamara bagamije kubangiriza ejo heza habo, abasaba kandi no kujya batanga amakuru y’uwo ariwe wese babonye ahohotera urubyiruko cyangwa akora ibinyuranyije n’amategeko.
AIP Ndatimana yasabye uru rubyiruko kurwanya ibiyobyabwenge kuko akenshi aribyo bishora umuntu gukora ibindi byaha bitandukanye.
Yagize ati: “Iyo umuntu yanyoye ibiyobyabwenge ntagira rutangira mu gukora ibindi byaha kuko aba atagitekereza neza, muribyo twavuga nk’ubusambanyi bushobora no gutuma nko kubakobwa batwara inda batateganyije, kwandura agakoko gatera SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, ibi bigaherekezwa no kuva mu ishuri batarangije, ubujura, gukubita no gukomeretsa, amakimbirane yo mu miryango n’ibindi.”
Yasoje abasaba kwirinda kuba ba nyamujya cyangwa ibyo bita kugendera mu kigare kuko rimwe na rimwe bitajya biba byiza, abasaba kujya babanza bagekereza neza ku byo bagiye gukora ndetse banagishe inama. AIP yasabye uru rubyiruko rw’abanyeshuri bari mu biruhuko kurwanya icyo aricyo cyose babona cyateza umutekano muke bihutira gutanga amakuru hakiri kare.

Kinyarwanda
English










