Abaturage bo mu kagari ka Kabyiniro, umurenge wa Cyanika mu karere ka Burera bakanguriwe kurwanya ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gutangira amakuru ku gihe ku cyahungabanya umutekano cyose.
Ubu butumwa bwatanzwe ku itariki 7 Ukwakira mu kiganiro bahawe na Inspector of Police (IP) Augustin Habimana, ushinzwe imikoranire ya Polisi, abaturage n’izindi nzego mu karere ka Burera, umuyobozi w’umurenge wa Cyanika , Kayitsinga Faustin bari kumwe na Iraguha Boniface wari uhagarariye USAID/ Twiyubake Program nk’umufatanyabikorwa w’umurenge wa Cyanika.
Iyi nama yari yitabiriwe kandi n’abaturage barenga 1000 barimo urubyiruko rw’abakorerabushake muri Cyanika, abanyonzi , CPCs, abajyanama b’ubuzima, abafashamyumvire mu murenge n’abandi,..
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyo nama, IP Habimana yababwiye ko ibiyobyabwenge bikunze gufatirwa mu karere ka Burera, by’umwihariko muri Cyanika byiganjemo urumogi n’inzoga zitemewe kunyobwa no gucuruzwa mu Rwanda nka Kanyanga, Kitoko, Blue Sky,Coffee Spirit,Chief Waragi n’izindi.
Yavuze ko ibiyobyabwenge bifatwa biba byinjijwe rwihishwa muri Cyanika bivanywe mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda; kandi yongeraho ko ibyinshi bifatirwa mu gace batuyemo.
Yaboneyeho gusaba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu gukumira ibyaha barimo Inzego z’ibanze, Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha , abavuga rikumvikana , abagize Komite zo kubungabunga umutekano (Community Policing Committees CPCs), ba ambasaderi mu gukumira ibyaha kimwe n’Abagize amahuriro yo gukumira ibyaha bose bari bahagarariwe muri iyi nama gukomeza kugira uruhare mu ifatwa ry’ibiyobyabwenge bitandukanye.
Urugero ni uko, ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’abagize ibi byiciro bwatumye mu karere ka Burera, mu mezi umunani ashize abantu 99 bafatanywa ibiyobyabwenge bitandukanye bigeze hafi ku gaciro k’amafaranga y’u Rwanda 45. 500.000, ibyinshi bikaba byarabonetse mu murenge wa Cyanika.
IP Habimana yashimye abatuye uyu murenge ku ruhare bagaragaza mu kurwanya ibyaha, kandi abasaba kuba ijisho ry’umuturanyi kugira ngo hakumirwe ibikorwa byose binyuranije n’amategeko.
Umuyobozi w’umurenge wa Cyanika mu ijambo rye, yashimye Polisi ikorera muri aka karere, ku bukangurambaga idahwema guha abaturage kandi mu bifitiye akamaro imibereho yabo ya buri munsi ndetse n’igihugu muri rusange.
Yavuze ko, ku bufatanye na Polisi, abaturage badasiba gukangurirwa kureka kunywa, gukwirakwiza no gucuruza ibiyobyabwenge ariko bamwe bakomeje kubikora.
Kayitsinga yagize ati:”Guhindura imyumvire bisaba guhozaho ariko ku bufatanye n’izindi nzego tuzakomeza gukangurira abantu b’ingeri zose kubyirinda tubasobanurira ububi bwabyo bigaragara ko ibyaha birimo gufata ku ngufu, gusambanya abana, gukubita no gukomeretsa n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikorwa ahanini n’abanyoye ibiyobyabwenge.”
Mu bindi byaganiriweho, abaturage bakanguriwe kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mukwivuza (Mutuelle de Sante) mu rwego rw’imibereho myiza no kwitabira izindi gahunda za Leta.
Kinyarwanda
English










