Kuwa Gatatu taliki ya 10 Ukuboza, mu karere ka Buugesera, umurenge wa Nyamata, umugabo witwa Elissa Ukobizaba uri mu kigero cy’imyaka 32 y’amavuko, yafatiwe mu cyaha cyo gutanga ruswa.
Nk’uko Polisi ikorera muri ako karere ibitangaza, ubwo Polisi yari iri mu kazi kayo ko gukora umukwabu ,igafata inzererezi, abajura, abadafite ibyangombwa n’abakora umwuga w’uburaya hari bamwe bafunzwe maze bituma uyu mugabo Elissa afata icyemezo cyo kujya gutanga ruswa ku mupolisi kugira ngo amufungure murumuna we wari wafatiwe mu ri uwo mukwabu.
uyu mugabo akaba yaraje kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata ashaka guha ruswa y’amafaranga ibihumbi12,000 umupolisi witwa PC (Police Constable) Jean Paul Nkurunziza amusaba ko yamufasha akamurekurira murumuna we wari wafatiwe muri uwo mukwabu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntaray’iburasirazuba Inspector of Police Emmmanuel Kayigi aragira inama abaturage ko batagomba guha ruswa inzego zishinzwe kuyirwanya kuko zo zizi neza ko ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi ko nabo bagomba kubimenya.
IP Kayigi yakomeje avuga ko ruswa ari mbi kandi imunga ubukungu bw’igihugu mu buryo bwinshi, akaba yasabye buri wese gutanga umusanzu we mu gukumira no kurwanya ruswa ndetse n’ibindi byaha.
Uyu mugabo nahamwa n’icyaha azahanwa n’ingingo ya 641 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cy’u Rwanda, aho igira iti” Umuntu wese uha undi muntu, ku buryo bweruye cyangwa buteruye, washatse kumuha, wamuhaye ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose cyangwa yamugiriye amasezerano yabyo kugira ngo amukorere cyangwa akorere undi muntu ibinyuranyije n’amategeko cyangwa areke gukora ibiri mu nshingano ze, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatanze cyangwa yashatse gutanga”.
Kinyarwanda
English











