Mu karere ka Bugesera, kuri uyu wa gatatu tariki ya 9 Nyakanga, Polisi yahafatiye inzoga zo mu bwoko bwa Amstel zari zinjiye mu Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko binyuze ku mipaka nayo itemewe n’amategeko.
Izi nzoga zikaba zari ziri mu modoka yo mu bwoko bwa RAV4 ifite pulaki RAC 417 I, ikaba yari itwawe na Karambizi Vincent w’imyaka 36 akaba yari ari kumwe na Niyonzima Ephrem ufite imyaka 44.
Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yatangaje ko izo nzoga zarimo Amstel bock nini amakaziye 7, amstel bock ntoya amakaziye 2, amstel beer nini amakaziye 10, izi nzoga zose hamwe zikaba zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana abiri na mirongo ine na bitanu (245,000Frw).
Izi nzoga zikaba zafatiwe mu mujyi wa Nyamata zikaba zerekezaga mu mujyi wa Kigali.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Bugesera Superintendent of Police (Supt.) Victor Vandama yavuze ko atari byiza kunyereza imisoro kuko uyitanze aba yiyubakiye igihugu.
Akaba yagize ati:” Iki ni igikorwa kitemewe n’amategeko, ubikora aba ashaka kunyereza imisoro, kandi bigira ingaruka ku bukungu bw’igihugu.
Supt.Vandama akaba yasabye abacuruzi n’abandi baturage kwirinda gukwepa imisoro, anasaba abaturage gutanga amakuru y’abantu nk’aba bashaka gusubiza inyuma ubukungu bw’igihugu.
Izi nzoga zikaba zashyikirijwe ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority), ishami rya Bugesera.
Kinyarwanda
English











