Abaturage bo mu mudugudu wa Rwarusaku, Akagali ka Kibenga, Umurenge wa Mayange ho mu Karere ka Bugesera, bagiriwe inama na Polisi ku kwirinda ubucuruzi bw’inzoga z’inkorano zitemewe mu Rwanda kuko zigira ingaruka ku buzima bw’uwazinyoye.
Ubu butumwa bwatanzwe na Polisi n’abayobozi mu nzego b’ibanze, tariki ya 11 Ugushyingo 2018 nyuma y’aho muri uyu mudugudu hafatiwe inzoga zitemewe zirenga litiro ibihumbi 3 zizwi ku izina rya Karidazoke.
Iyi nzoga yafatanywe abaturage babiri bo muri uyu mudugudu, zikaba zaratiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi ku bufatanye n’inzego z’ibanze.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’ Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire, yakanguriye abaturage b’akarere ka Bugesera ndetse n’abandi banyarwanda hirya no hino mu gihugu bagifite umugambi wo kwishora mu bucuruzi bw’inzoga z’inkorano kubireka kuko leta yafashe ingamba zihamye zo guca zirya nzoga.
Yagize ati:”Kubera ubukangurambaga Polisi n’izindi nzego za leta bahora bakora bugamije kurwanya inzoga zitemwe, ubu abaturage bamaze kumva neza ububi bwazo nibo basigaye batanga amakuru.”
CIP Kanamugire yaboneyeho kongera kwibutsa abaturage ububi bw’izo nzoga aho usanga abaturage bazikora mu bintu bibagiraho ingaruka mu buzima ndetse bamara kuzisinda bagahungabanya umutekano bikabaviramo gufungwa.
Yagize ati, “Abenga izi nzoga bakoresha ibikoresho birimo nk’imisemburo y’imigati n’isabune n’ibindi, ibi bigira ingaruka ku buziba bw’uwazinyoye. Uretse no kuba bigira ingaruka ku buzima, izi nzoga zinateza umutekano muke, dore ko abazinyweye usanga aribo bakora ibyaha bitandukanye biromo; urugomo, no gusambanya abana ku gahato n’ibindi”.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yashimye abaturage batanze amakuru kugira ngo izi nzoga zifatwe, yasabye ko bene ubu bufatanye bwakomeza kugira n’ibindi byaha bitandukanye bibashe gukumirwa hanafatwa abakekwa kubigiramo uruhare.
English









