Kuri uyu wa gatatu tariki 27 Gicurasi mu duce dutandukanye two mu turere twa Gicumbi, Karongi, Muhanga na Gasabo,Polisi y’u Rwanda yakoze imikwabu maze iyifatiramo abantu barindwi bari bafite ibinyobwa bitandukanye bitemewe birimo amaduzeni 27 ya Chief Waragi,5 ya Chief Tangawizi, amaduzeni 13 ya Voduka, litiro 37.5 za Kanyanga,udupfunyika 740 tw’urumogi, na litiro 165 z’ingoga z’inkorano nazo zitemewe.
Ariya maduzeni ya Chief Waragi,Voduka na Chief Tangawizi, ndetse na litiro 17.5 za Kanyanga, byafatiwe mu murenge wa Byumba, mu karere ka Gicumbi.
Naho mu dupfunyika 740 twafashwe, 720 twafatiwe mu mirenge ya Nyamabuye na Cyeza, yo mu karere ka Muhanga, na 20 twafatiwe mu murenge wa Bwishyura, mu karere ka Karongi.
Inzoga z’inkorano zo zigifatirwa mu murenge wa Nduba,mu karere ka Gasabo,byahise bimenwa.
Abafatanywe ziriya nzoga zindi bafungiwe kuri sitasiyo za Polisi za Bwishyura, Byumba, Nyamabuye na Nduba, ndetse n’izo nzoga bafatanywe akaba ari ho zibitse, mu gihe iperereza rikomeje.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyaruguru,Chief Inspector of Police (CIP) André Hakizimana, arakangurira abaturage kutanywa, kudatunda no kudacuruza ziriya nzoga, ababwira ko, uretse kuba ari icyaha, ziri ku isonga mu bitera uwazinyoye gukora ibyaha nko gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gufata ku ngufu, no gusambanya abana, zitera uburwayi uwazinyoye n’amakimbirane mu ngo.
Yagize ati,"Amafaranga yaziguzwe aba apfuye ubusa kuko iyo zifashwe zimenwa,ibi bikaba biteza ubukene mu muryango".
CIP Hakizimana yavuze ko ziri mu bishora urubyiruko mu ngeso mbi nk’ubusambanyi, bukurikirwa rimwe na rimwe no gutwara inda z’indaro, kuva mu ishuri, kwirukanwa mu muryango kuri bamwe, no kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Yagize ati,"Abantu bakwiye kunywa no gucuruza ibinyobwa byemewe n’amategeko kandi bidafite ingaruka mbi ku buzima bwabo."
Yakanguriye kandi abaturage kuba ijisho ry’umuturanyi kugirango bakumire ikintu cyose gishobora gutera umutekano muke, batanga amakuru ku gihe yatuma gikumirwa, kirwanywa no gufata abagikoze.
Kinyarwanda
English











