Trending Now

Ambasaderi wa Koreya yashimiye Polisi y’u Rwanda uruhare rwayo ku ituze n’umutekano u Rwanda rufite

Kuri uyu wa Kane tariki 08 Ugushyingo ambasaderi wa Repubulika ya Koreya y’Amajyepfo mu Rwanda Kim Eung Joong, yasuye umuyobozi  mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza.Ni ibiganiro byabereye ku kicaro  gikuru cya  Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Mu biganiro bagiranye byibanze ku gushimangira  ubufatanye hagati y’inzego za Polisi hagati y’ibihugu byombi u Rwanda na Koreyaa yepfo.

Ambasaderi Kim Eung Joong, yashimiye Polisi y’u Rwanda  na leta y’u Rwanda muri rusange uburyo bagejeje igihugu ku mutuzo n’umutekano bitagereranywa.

Yagize ati:”  Polisi y’u Rwanda yateye intambwe itangaje yo gushimangira ituze n’umutekano by’abaturage b’u Rwanda.”

Yakomeje avuga ko we n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda baganiriye ukuntu Polisi y’u Rwanda n’iya Korea  bakorana ku neza y’abaturage b’ibihugu byombi.

Ambasaderi  Kim Eung Joong yagize ati :” Njewe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda twarebeye hamwe ukuntu Polisi y’u Rwanda n’iy’iwacu muri Korea byakorana bikungurana ubumenyi kandi bigakomeza kugeza aheza abaturage b’ibihugu byombi.Turizera ko hari byinshi  Polisi zombie hari ibyo zakungurana.”

Mu mwaka w’2013 Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ikigo cy’abanyakoreya cya KOICA, ni amasezerano yibanda ku bintu bitandukanye  birimo amahugurwa ahabwa abaplisi ku kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe  ikoranabuhanga(Cybercrime),ikoranabuhanga, uburyo bwo gutwara abantu ndetse n’amasomo ajyanye n’ubukanishi bw’amamashini.