[AMAFOTO]: Abapolisi barenga 500 bakurikiye ikiganiro kijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ku wa kabiri tariki 10 Mata uyu mwaka, ku Cyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru habereye ikiganiro kijyanye no kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyakurikiwe n’Abapolisi barenga 500 bahakorera. Soma ibindi
[AMAFOTO]: Perezida wa République Centrafricaine yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ku itariki 07 Mata 2018,Umukuru w’Igihugu cya République Centrafricaine, Faustin Archange Touadera yifatanyije n’Abanyarwanda bari ku butaka bw’iki gihugu (Abapolisi n’Abasirikare bari butumwa bw’amahoro hamwe n’abagize Ihuriro ry’Abanyarwanda bahaba) kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.Soma ibindi
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ingengabitekerezo ya Jenoside yagabanutse
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) Theos Badege, yavuze ko muri rusange umutekano mu gihugu wari wifashe neza muri iki cyumweru turangije cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Soma ibindi
Polisi iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko kugira ngo igikorwa cyo kujya ku mashuri kw’abanyeshuri kizabe mu mutekano
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda riributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko n’amabwiriza by’umuhanda kugira ngo igikorwa cyo kujya ku mashuri kw’abanyeshuri kizaba kuva ku wa gatandatu tariki 14 Mata 2018 kugera ku wa mbere tariki 16 Mata 2018 nk’uko bivugwa mu Itangazo ryasinywe ku wa gatatu tariki 11 Mata uyu mwaka n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Isaac Munyakazi kizabe mu mutekano.Soma ibindi
Rubavu: Umuturage afungiwe amabuye y’agaciro atubahirije amategeko no gutanga ruswa
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu yafunze umugabo witwa Habimana Samuel w’imyaka 20 y’amavuko. Mu byo afungiwe, harimo kuba yarafatanywe amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa koluta ibiro 1900 nta byangombwa byayo afite; ndetse hakaniyongeraho no kuba yaranagerageje gutanga ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300 kugira ngo inzego z’umutekano zayamufatanye zimureke agende. Soma ibindi
Ruhango: Babiri bafashwe bakekwaho uburiganya na ruswa mu gushyira abarezi mu kazi
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ruhango yafashe abantu babiri bakekwaho ruswa n’uburiganya muri gahunda yo gutanga akazi k’uburezi mu mashuri atandukanye muri aka karere.Soma ibindi
Ruhango: Polisi yafatanyije n’urubyiruko gusana inzu y’uwacitse ku icumu rya Jenoside
Abapolisi bakorera mu murenge wa Byimana, mu karere ka Ruhango, ku wa kane tariki 12 Mata uyu mwaka bafatanyije n’urubyiruko rwo muri uyu murenge rwiganjemo Abakorerabushake mu gukumira ibyaha basannye inzu y’uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 witwa Nikuze Perpetue utuye mu kagari ka Ntenyo mu rwego rwo kumufata mu mugongo no kumufasha kwiteza imbere. Soma ibindi
Kinyarwanda
English











