Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

AMAKURU Y'INGENZI YARANZE ICYUMWERU TURANGIJE

Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda yakanguriye abayobozi b'imidugudu kugira uruhare mu mutekano w'aho bayobora

Umuyobozi mukuru wa  Polisi y'u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana yakanguriye abayobozi b'ibanze kurangwa no kwimakaza umuco wo gufatanya n'inzego z'umutekano mu bikorwa bitandukanye bigamije gukumira no kurwanya ibyaha.

Ibi yabitangarije ku itariki 18 Mata, 2015, mu kiganiro yagiranye n'abayobozi b'inzego z'ibanze 440 bo mu karere ka Gasabo, bari mu ngando mu murenge wa Kinyinya.

Iteka rya Minisitiri ryongerera igihe impushya zo gutwara ibinyabiziga

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n'ibintu, Alexis Nzahabwanimana, yasinye iteka rizashyiraho ibigenderwaho mu kongerera igihe uruhushya nyarwanda rwo gutwara ikinyabiziga.

Iteka rya Minisitiri nomero 05/MOS/TRANS/015 ryo kuwa  08/04/2015 rigena igihe n'ibisabwa mu kongeresha igihe uruhushya nyarwanda rwo gutwara ibinyabiziga ruzajya rumara dore ko abenshi bafite urwari rusanzwe rwamaraga imyaka itanu rwari rwararengeje igihe.

Itsinda ry'abakozi ba Loni ryishimiye ubumenyi bwerekanywe n'itsinda ry'abapolisi b'u Rwanda bazoherezwa muri Central African Republic

Ubwo intumwa za Loni zasuraga ku itariki ya 16 Mata, 2015, ishuri rikuru rya Polisi y'u Rwanda, riri i Gishali, mu karere ka Rwamagana, kugira ngo zisuzume imyiteguro y'abapolisi b'u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw'amahoro mu gihugu cya Central African Republic, intumwa z'Umuryango w'Abibumbye (Loni), zishimiye ubumenyi zasanganye abapolisi mu bijyanye no gukoresha imbunda.

Polisi yafatanye umugabo  inoti z'inyiganano  14 z'amadorari y'Amerika

Polisi y'u Rwanda ikorera mu karere ka Nyarugenge yafatanye Abubakar Juma  inoti z'inyiganano 14 z'amadorari ya Amerika z'ijana, imwe yazo y'atanu, inoti imwe y'2000 y'amafaranga y'u Rwanda, n'ibikoresho   yifashishaga  mu kuyakora, ari byo: pudere, litiro n'igice bya peterori, uturindantoki tubiri, n'amacupa atatu.

Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu yashyikirije Polisi y'u Rwanda imodoka zizimya inkongi z'umuriro

Ku gicamunsi cyo ku itariki ya 16 Mata 2105, Minisiteri  y'Ubutegetsi bw'Igihugu yashyikirije Polisi y'u Rwanda imodoka 4 zigenewe kuzimya inkongi z'umuriro, uyu muhango ukaba wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y'u Rwanda ku Kacyiru.

Mu bashyitsi bari muri uwo muhango, harimo Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu, Francis Kaboneka, Minisitiri w'umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Herelimana, Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, abayobozi b'intara bose, abayobozi b'uturere , na bamwe mu bayobozi bakuru muri Polisi y'u Rwanda.

Abagenzacyaha n'abashinjacyaha bo mu mujyi wa Kigali batangiye amahugurwa ku burenganzira bw'ikiremwamuntu no guperereza ibyaha

Abayobozi ba sitasiyo ya polisi, abagenzacyaha n'abashinjacyaha bo mu mujyi wa Kigali, bahuguwe, mu gihe cy'iminsi ibiri, ku burenganzira bw'ikiremwamuntu no guperereza ibyaha.

Ayo mahugurwa yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y'u Rwanda ku  Kacyiru, tariki  ya 16 na 17 Mata 2015.

Umwana w'umuhungu w'imyaka 17 yacitse umuvugabutumwa wari umutwaye kumucuruza

Ku itariki 15 Mata, 2015, muhungu w'imyaka 17 yatahutse mu Rwanda amahoro nyuma yo gucika umugabo ukekwaho ibyaha byo gucuruza abantu akaba yarabikoraga yitwaje ko ari umupasitoro w'idini rya gikirisitu.

Uwo muhungu yagarutse mu Rwanda afashijwe na Polisi y'igihugu cy'u Rwanda ifatanije na ambasade y'u Rwanda mu Bugande yakoze iperereza ku mpamvu uwo mwana w'umuhungu ari Uganda ikaba yaranashyizeho gahunda y'uburyo uwo mwana yatahuka mu Rwanda agashyikirizwa umuryango we.

Abantu 12 bafunzwe bakekwaho kwiba ibyuma by'imodoka n'ibyo mu nzu

Polisi y'u Rwanda yafashe abantu 12 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye, birimo ibyo mu nzu, nka tereviziyo, n'ibyuma by'imodoka, nk'uturebanyuma, na  radiyo zo mu modoka, ibikoresho nka mudasobwa ba nyirazo baba bazisizemo, ndetse n'abagura ibyo bintu biba byibwe.

Ikipe ya Polisi ya Handball ikomeje kwitwara neza

Ikipe ya Polisi ya Handball kugeza ubu itaratsindwa umukino n'umwe kuva shampiyona y'uyu mukino yatangira, ikomeje kubona intsinzi  dore ko ku itariki ya 19 Mata, yatsinze ikipe ya ES Kigoma ibitego 26 kuri 15.

Ikipe ya Polisi ya Handball imaze gutsinda imikino 10 mu marushanwa atandukanye amaze kuba muri uyu mwaka.

Polisi yafashe amakarito 70 y'amavuta yo kwisiga y'amiganano atujuje ubuziranenge na bule 1800 z'urumogi

Polisi y'u Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu, ku itariki 11 Mata 2015, yafashe amakarito 70 y'amavuta yo kwisiga y'amiganano  atujuje ubuziranenge yitwa Caro Light afatanwa uwitwa Muhawenimana Solange. Polisi yafashe kandi bule 1800 z'urumogi zafatanywe uwitwa Uwimana Emerithe.

Polisi yataye muri yombi umumotari ukekwaho kwiba mubazi (Water meters) z'amazi

Leta y'u Rwanda n'abafatanyabikorwa bayo bakora ibishoboka ngo abaturage bagerweho n'ibikorwa by'iterambere harimo imihanda, amashanyarazi, amazi n'inyubako zitandukanye zigenda zizamuka hirya no hino mu gihugu, ariko bimaze kugaragara ko hari abafite ingeso mbi y'ubujura bagenda biba ibikoresho bitandukanye by'ibyo bikorwa remezo, cyane cyane insinga z'amashanyarazi, n'impombo ndetse na mubazi z'amazi, kuko baba bazi ko bashobora kubibonera abaguzi ku buryo bworoshye.

Mu Karere ka Nyagatare, umurenge wa Tabagwe mu kagari ka Gitengure, mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Mata, abanyerondo bafashe umumotari witwa Gakunzi Theogene w'imyaka 27 wari utwaye moto  yo mu bwoko bwa TVS ifite pulaki  RD 001B, afite igikapu kirimo Mubazi (Warter meters) 4 n'ibindi bikoresho byifashishwa mu gukwirakwiza amazi, byari byibwe mu isosiyete y'Abashinwa (Chinese Business Company (CBC) ishinzwe gukwirakwiza amazi mu mirenge ya Tabagwe na Rwempasha mu karere ka Nyagatare, bakamushyikiriza Polisi, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare mu gihe iperereza rikomeje.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda yifatanyije n'abaturage ba Rwamagana kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994

Mu gihe mu Rwanda tukiri mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku itariki ya 16 Mata 2015, abaturage b'akarere ka Rwamagana bibutse ku nshuro ya 21 Abatutsi bishwe mu 1994 bahoze batuye mu cyahoze ari Komini Rutonde. Uyu muhango wabereye mu bitare bya Rutonde, mu murenge wa Kigabiro, akagari ka Bwiza, umudugudu wa Rutonde.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, witabiriye uyu muhango, yavuze ko kwibuka ari ngombwa kugirango Jenoside itazibagirana na rimwe, anasaba abayirokotse gukomera no kugira icyizere cyo kubaho kuko imbaraga zahagaritse Jenoside zikubye inshuro nyinshi, aha akaba yaragize ati:"Abashaka kudusubiza aho twavuye ntibazabishobora kuko imbaraga zahagaritse Jenoside yahitanye abatutsi barenga miliyoni mu 1994, ubu zikubye inshuro nyinshi, buri wese akaba akwiye kurwanya abapfobya n'abahakana Jenoside yakorewe abatutsi".

Polisi y'u Rwanda ikorera mu Ntara y'amajyaruguru iri gusanira inzu uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Polisi y'u Rwanda ikorera mu ntara y'Amajyaruguru  iri gusana inzu ya Mukamugema Annonciata, ufite imyaka 55, wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, utishoboye, utuye mu kagari ka Cyabararika, mu murenge wa Muhoza, mu karere ka Musanze. Uretse kumusanira inzu ye aho yangiritse, Polisi ikorera muri iyi Ntara, iri kumwubakira  kandi igikoni, ubwiherero n'ubwogero.

Batatu bafungiwe gusenya inyubako n'ibikoresho by'uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Polisi y'u Rwanda ikorera mu karere ka Ngoma ifungiye abagabo batatu kuri sitasiyo ya Kibungo aho bakurikiranyweho icyaha cyo gusenya inyubako n'ibikoresho by'umuturanyi wabo wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 utuye mu kagari ka Kanege, mu murenge wa Gashanda.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y'Uburasirazuba, Inspector of Police (IP), Emmanuel Kayigi, yavuze ko abo bagabo batatu  bakekwaho kuba, ahagana saa mbiri z'ijoro zo  ku itariki 11 Mata 2015, barateye amabuye ku idirisha ry'icyumba uwo warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 araramo, maze ayo mabuye amena ibirahure by'iryo dirisha ndetse agwa mu nzu imbere.