Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Kamena Polisi y?u Rwanda ikorera mu turere twa Huye, Ruhango na Nyanza yakoze igikorwa cyo kurwanya inzoga zitemewe zikunze kugaragara muri utu turere hafatwa litiro 940. Izi nzoga zose zizwi ku izina rya Muriture, inyinshi zafatiwe mu Karere ka Huye.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko Uhagaze Jean Marie Vianney w?imyaka 47 wo mu Karere ka Huye mu Murenge wa Tumba yafatanwe litiro 80, Nyirampakanye Gorethe w?imyaka 48 wo mu Murenge Huye yafatanwe litiro 160, Mukagasana Seraphine w?imyaka 47 wo mu Murenge wa Huye yafatanwe litiro 350 naho Nshimiyimana Jonas w?imyaka 28 wo mu Murenge wa Ruhashya yafatanwe litiro 60.
Mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Ruhango hafatiwe uwitwa Ngendahimana Alphonse w?imyaka 24 yafatanwe litiro 70 naho mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Nyagisozi mu rugo rwa Uwizeyimana Alphred w?imyaka 34 hafatiwe litiro 100 naho mu rugo rwa Niyomugabo Eric w?imyaka 24 hafatiwe litiro 120.
SP Kanamugire yashimiye abayobozi mu nzego z?ibanze ndetse n?abaturage bagize uruhare mu gufasha Polisi igafata bariya bantu. Yavuze ko igikorwa cyo kurwanya ziriya nzoga kiri mu rwego rwo kurwanya ibyaha bizishamikiyeho ndetse no kurwanya ingaruka zagira ku buzima bw?abazinywa.
Ati? Ziriya nzoga zizwi ku izina rya Muriture, ntiwamenya ibintu bavangavanga bazikora usibye ko uwazisinze arangwa no gukora ibyaha bitandukanye nko gukubita no gukomeretsa, ubujura, gufata abana b?abakobwa ku ngufu n?ibindi. Ziriya nzoga kandi zishobora kugira ingaruka ku buzima bw?uwazinyoye kuko ziba zikoranye umwanda ndetse n?ibyo bazikoramo ntibizwi kuko ikigo gishinzwe ubuziranenge nta cyangombwa cyazihaye.?
Yakomeje avuga ko bariya iyo bamaze kuzenga bahita baziranguza abacuruzi b?utubari ari naho usanga hari abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bakajya kuzinywera mu tubari twa rwihishwa.
Ati? Ziriya nzoga nizo usanga bacururiza mu tubari twa rwihishwa kandi kuva iki cyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda utubari turafunze. Bamwe usanga bikingiraniye mu tubari barimo kuzinywa ari naho harimo kuva ubwiyongere bw?iki cyorezo.Turakangurira abaturage kubyirinda kandi tunabamenyesha ko tutazahwema kubakurikirana, abazajya babifatirwamo bazajya babihanirwa.?
Inzoga zafashwe zahise zimenwa, abazifatanwe bacibwa amande n?abayobozi mu nzego z?ibanze. Abaturage bakanguriwe gukomeza gutanga amakuru y?ahantu hose babona ziriya nzoga ndetse n?abarenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 cyane cyane abacuruza inzoga mu tubari twa rwihishwa.

Kinyarwanda
English









