Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze bakoze umukwabu wo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge. Ni umukwabu wakozwe mu mpera z’iki cyumweru, ukorerwa mu turere twa Gisagara, Huye, Nyamagabe na Kamonyi. Hafatiwe litiro 890 z’inzoga zitujuje ubuziranenge.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro avuga ko iki gikorwa cyabaye mu bihe bitandukanye ndetse n’ahantu hatandukanye cyari kigamije kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge n’ingaruka zazo.
CIP Twajamahoro yagize ati “Kiriya gikorwa cyabaye tariki ya 23 na 24, byaturutse ku makuru twari dufite ko muri turiya turere higanje ikinyobwa kizwi ku izina rya Muriture. Twahakoreye umukwabu tuhafatira litiro 890 za kiriya kinyobwa cya Muriture turazimena.”
Yakomeje avuga ko akarere ka Gisagara ariko kagaragayemo ziriya nzoga nyinshi kuko hagaragaye litiro 660, zifatirwa mu mirenge ya Kigembe, Mamba na Nyanza. Mu karere ka Nyamagabe hafatiwe litiro 190 naho mu karere ka Huye hafatirwa litiro 37 mu karere ka Kamonyi hafatirwa litiro 40.
Yavuze ko ziriya nzoga zafatirwaga mu rugo rw’umuntu umwe , bisobanura ko hari abaturage bazenga bakaziranguza ku bacuruzi bato.
CIP Twajamahoro yashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru atuma ziriya nzoga zifatwa. Yabasabye gukomeza kuyatanga mu rwego rwo kwiyubakira umutekano ndetse no kurengera ubuzima bwabo.
Ati “Ziriya nzoga zikorwa mu bintu bitandukanye kandi bibi, bishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bw’uzinywa mu gihe cya vuba cyangwa mu gihe gitinze. Iyo bamaze kuzisinda kandi nibwo usanga bakora ibyaha bitandukanye nko gukubita no gukomeretsa ndetse no gufata abagore ku ngufu.”
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo yavuze ko kiriya gikorwa atari ubwa mbere n’ubwa nyuma kibaye ko ahubwo kizahoraho, asaba abakora ziriya nzoga kubicikaho.
Ingingo ya 5 y’Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.
Kinyarwanda
English











