Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Amajyepfo: Abantu 81 bafatiwe mu tubari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu  tariki ya 24 Gashyantare Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo mu turere twa Kamonyi  na  Gisagara yafashe abantu 81  bari mu tubari banywa inzoga, aba bantu kandi bari barengeje amasaha yo kuba bageze aho bataha. Bafatiwe mu bikorwa bya Polisi ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze harebwa iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.

Mu Karere ka Kamonyi  mu  tubari  tubiri  two  mu mirenge  ya  Mugina na Nyamiyaga hafatiwe abantu 32 naho mu Murenge wa Runda mu tubari tubiri hafatiwe abantu 22. Mu Karere ka  Gisagara mu Murenge wa Save mu kabari kamwe hafatiwe abantu 27.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo , Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu bose byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Mu mikoranire  n’abaturage nibo bagiye baduha amakuru ko hari utubari bazi ba nyiratwo barenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bagacuruza inzoga. Abapolisi bagiye mu kabari ka Bangugwira Felix wo mu Murenge wa Save basangamo abantu 27, mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi  mu kabari ka Djuma Jean Claude w’imyaka 32 hafatiwemo abantu 18 naho mu Kabari ka Umutoni  Uwase Doreen hafatiwe abantu 4. Ni mugihe mu mirenge  ya Mugina, Nyamiyaga mu kabari ka Tugirimana Alexis  w’imyaka 23 na Ntibiramira Anselme w’imyaka 41 hafatiwe abantu 32.”

SP Kanamugire yakomeje avuga ko bariya bantu 81 bose bafashwe mu masaha ya nijoro nyuma ya saa mbiri bagombaga kuba bageze aho bataha, bari bicaye begeranye nta n’udupfukamunwa bambaye.

Ati “Bariya  bantu bari barenze ku mabwiriza yose aherutse gushyirwaho n’inama y’Abaminisitiri ya tariki ya 19 Gashyantare yatangiye kubahirizwa guhera tariki ya 23 Gashyantare. Bose bafashwe baraganirizwa bongera gusobanurirwa amabwiriza icyo avuga ndetse n’impamvu agomba kubahirizwa nyuma bacibwa amande, utubari two twahise dufungwa.”

SP Kanamugire yavuze ko ibikorwa byo kugenzura  iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya COVID-19 mu Ntara y’Amajyepfo ntibizigera bihagarara , asaba abantu kubahiriza amabwiriza uko yakabaye.

Tariki ya 22 Gashyantare ubwo bwari bucye abaturarwanda bagatangira kubahiriza amabwiriza mashya yari yashyizweho n’inama y’Abaminitiri ya tariki ya 19 Gashyantare, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John  Bosco Kabera yari yongeye  kwibutsa abaturage ko  bagomba kubahiriza amabwiriza yose uko yakabaye  ariko cyane cyane bakazirikana ko utubari dukomeza gufunga. Yanibukije abantu ko Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego batazahwema kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza ariko asaba buri muturarwanda gukurikiza amabwiriza atabihatiwe n’inzego izo arizo zose kuko biri mu nyungu z’ubuzima bwa buri muntu.