Trending Now

[AMAFOTO]: Polisi Handball itwaye igikombe cya shampiyona idatsinzwe

Kuri uyu wa Gatandatu Tariki 0 8 Nzeri nibwo ikipe ya Polisi y’u Rwanda ikina umukino w’amaboko  uzwi ku izina rya Handball yatsindiye igikombe cya shampiyona  umwaka wa 2018.Iki gikombe igitwaye nyuma yo gutsina ikipe ya APR  Handball Club ibitego 36 kuri 29, ni umukino wabereye mu kigo cy’urubyiruko cya Kimisigara.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ikipe ya Polisi Handball Club iri imbere n’ibitego 19 kuri 15 bya APR, Umukino wose warangiye Polisi Handball itsinze ibitego 36 kuri 29 bya APR Handball club.

Uyu mukino wahuje Polisi Handball na APR wasaga nk’uwisubiyemo kuko no mu mwaka ushize aya makipe yombi yari yahuriye ku mukino wa nyuma  nabwo ikipe ya Polisi Handball club itsinda iya  APR Handball Club.

Nyuma yo gutsinda APR, Senior Sgt  Dismas Turatsinze umutoza w’ikipe ya  Polisi yavuze ko umwaka ushize wabasigiye isomo rikomeye n’ubwo batsinze APR, ari nabyo byabafashije gutwara igikombe muri uyu mwaka wa shampiyona 2018.

Yakomeje avuga ko gushyira hamwe no guhuza umukino biri mu byatumye abakinnyi be  bashobora gutsina.

Iyi ntsinzi ihesheje ikipe ikipe ya Polisi kumara imyaka irenga umunani itwara igikombe idatsinzwe n’imwe mu makipe ziba zihanganye.

Nyuma y’umukino Turatsinze yashimiye abakinnyi be umurava n’ubwitange byabaranze muri iki gihe cya shampiyona.

Ygaize ati:” Nk’undi mutoza wese abakinnyi banjye banshimishije, usibye kuba bagaragaje umurava wo gutsinda  uyu munsi, baciye agahigo ko kurangiza shampiyona badatsinzwe,Ni bintu byo kwishimira kandi nshimira n’abakinnyi.”

Yakomeje avuko ibyo bagezeho ari nabyo yari yiteze kuko abakinnyi be bari bafite ikinyabupfura ndetse bakanumvira amabwira ababwira.Yavuze ko ikipe itazatezuka ku ntego yo gutsinda, asezeranya ko biteguye no kuzegukana amarushanwa ari imbere ya Carre' d' As.

Muri uyu mwaka w’imikno 2018 ikipe ya Polisi Handball Club ishoboye gutwara ibikombe bine byose harimo igikombe ‘intwari, Igikombe cyo kwibuka abazize Genoside ndetse n’ikindi iherutse kuvana mu ghugu cya Tanzaniya mu mikino yahuje Polisi zo mubihugu byo mu karere k’Uburasirazuba.