Trending Now

[AMAFOTO]: Polisi Handball Club itesheje ikindi gikombe APR Handball Club ku mukino wa nyuma

 Tariki 08 Nzeri 2018 nibwo ikipe ya Polisi y’u Rwanda ikina umukino w’amaboko wa Handball yegukanye igikombe cya shampiyona ya 2018 idatsinzwe umukino n’umwe.

Muri uwo  mukino wari uwa  nyuma,   ikipe ya Police Handball  yatsinze APR Handball Club ibitego 36 kuri 29 mu mukino wabereye ku Kimisagara.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Nzeri,  iyi kipe na none yegukanye igikombe k’irushanwa rya “Care Das”,ni   irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona ya Handball. Ku mukino wa nyuma Polisi HC yongeye gutsindira APR HC ku mukino wa nyuma.

Umukino wa ½ ikipe ya Police ya yahuye n’ikipe yo mu kigo k’ishuri ryisumbuye rya Kigoma(ES Kigoma) yo mu karere ka Ruhango, maze Polisi Handball Club iyitsinda ibitego 39 kuri 22.Umukino wahise ukurikiraho ari nawo wa nyuma(Final)  Police Handball Club  yongeye gutsinda APR Handball Club ibitego 33 kuri 22.

Abakinnyi batsinze ibtego byinshi muri iyi kipe ya Polisi ni  Cpl Mutuyimana Gilbert watsinze ibitego 9, PC Duteteriwacu Norbert 7 ,Tuyishime Zacharie yatsinze ibitego  6.

Nyuma yo gutsindira iki gikombe cy’irushanwa rya Care Das,ikipe ya Polisi HC yanashyikirijwe igikombe cya shampiyona itari yahawe tariki 08 Nzeri.

Ni umuhango wari witabiriwe n’umuyobozi w’ishami rishinzwe imicungire y’abakozi muri Polisi y’u Rwanda (HRM) ,  Assistant Commissioner of Police (ACP) Barthelemy Rugwizangoga.

Mu ijambo rye,  yashimiye abakinnyi b’ikipe ya Polisi HB Club kuba baritwaye neza muri aya marushanwa yose bakabasha kwegukana ibikombe byose bishoboka.

Yagize ati”Mwarakoze cyane, mwagaragaje ubutwari n’umurava mu kazi kanyu, mwashoboye gutwara igikombe cya shampiyona mudatsinzwe umukino n’umwe kandi mwarahuye n’amakipe akomeye kandi nayo yagishakaga, none munatwaye ikindi k’irushanwa rya Care Das.Mwarakoze cyane.

ACP Rugwizangoga yabasabye kudatezuka ku ntego yo gutsinda abasaba ko n’amarushanwa yandi ari imbere bazayitwaramo neza bakabasha gukomeza gutwara ibikombe.

Sergent(Sgt) Dismas Turatsinze umutoza wa Police Handball Club yashimiye abakinnyi,abafana, n’ubuyobozi bwa Polisi by’umwihariko kuba bwarababaye hafi bakaba bashoboye gutwara ibikombe.

Yakomeje avuga ko byose byaturutse ku kinyabupfura n’ishyaka byaranze abakinnyi be.

Twabibutsa ko iyi kipe ya Polisi HBCiherutse kuvana igikombe mu gihugu cya Tanzaniya imaze gutsinda andi makipe ya Polisi zo mu bihugu byo mu muryango w’akarere k’Uburasirazuba,amarushanwa ya EAPCCO.