Nyuma y’aho ikipe ya Police HC itwariye igikombe cya Shampiyona 2019, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri (2) abakinnyi umunani(08) undi umwe ntiyashobora gukomezanya n’iyi kipe. Aya masezerano yasinyiwe ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru tariki 15 Nyakanga.
Abongereye amasezerano ni uwitwa Nkengurutse Alain Brax, Murwanashyaska Emmanuel, Mukunzi Felix , Nshimiyimana Alexis, Tuyishime Zacharie, Rwamanywa Viateur ,umunyezamu Uwimana Jackson na Hagenimana Fidele.
Bizimana Haruna we nyuma yo kurangiza amasezerano yari afitanye n’ikipe ntiyashoboye gukomezanya nayo.
Umutoza w’ikipe ya Police HC, Inspector of Police (IP) Antoine Ntabanganyimana avuga ko aba bakinnyi bongerewe amasezerano bitewe n’uko mu myaka ibiri bari bamaze mu ikipe bagiye bagaragaza umusaruro mwiza ndetse n’imyitwarire igendanye n’amahame y’ikipe.

Nkengurutse Alain Braix, Uwimana Jackson na Hageniana Fidel Bamwe mu bakinnyi umunani bongereye amasezerano
Yagize ati:”Nibyo koko twongereye amasezerano y’abakinnyi umunani,bari bamaze imyaka ibiri bakinira ikipe ya Police HC. Twababonyeho ubuhanga n’imyitwarire myiza twifuza gukomezanya nabo indi myaka ibiri, nabo barabitwemerera.”
IP Ntabanganyimana akomeza avuga ko kongera amasezerano y’aba bakinnyi byari mu rwego rwo kwitegura neza amarushanwa atatu akomeye ikipe ya Police HC yitegura ari imbere.
Rwamanywa Viateur ni umwe mu bakinnyi bakina ku ruhande rw’ibumoso mu ikipe ya Police HC akaba yongereye amasezerano muri iyi kipe. Avuga ko kongera amasezerano yabitewe n’uko abona ubuyobozi bw’ikipe nta kibazo bafitanye ndetse bakaba banubahiriza neza amasezerano bari bafitanye mu gihe k’imyaka ibiri yari ayimazemo.
Yagize ati: “Ubundi hari andi makipe ya hano mu gihugu yanshakaga ariko ndebye ukuntu abayobozi ba Polisi y’u Rwanda bubahiriza amasezerano muba mwaragiranye, ndavuga guhembera ku gihe, gutanga uduhimbazamusyi iyo twatsinze n’ibindi nsanga nta mpamvu yo kuyivamo mpita nsinya andi masezerano y’imyaka ibiri(2).”
Rwamanywa akomeza avuga ko we na bagenzi be biteguye gukomeza kwitwara neza bagahesha ishema ikipe ya Police HC ndetse n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda muri rusange.
Ubundi ikipe ya Police HC igizwe n’abakinnyi 20, umubare munini ukaba ugizwe n’abapolisi usibye aba bongereye amasezerano batari abapolisi ariko nabo ni abanyarwanda.
Ikipe ya Police HC yavutse mu mwaka wa 2002, kugeza ubu ikaba ifite ibikombe 44, harimo 7 bya shampiyona y’igihugu birimo n’icyo iherutse gutwara uyu mwaka wa 2019 itsinze mucyeba wayo APR HC ku mukino wa nyuma.
Guhera tariki 25 Kanama kugeza tariki 02 Nzeri uyu mwaka, Police HC izitabira amarushanwa ahuza amakipe ya Polisi zo mu bihugu byo mu karere k’Iburasirazuba(EAPCCO) azabera mu gihugu cya Kenya, mu ntangiro z’Ukwakira izitabira amarushanwa ahuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bihugu byo ku Mugabe w’Africa(Champions league) azabera mu birwa bya Cape Vert, mu Ukuboza hano mu Rwanda hazabera amarushanwa ahuza ibihugu byo mu karere k’Iburasirazuba n’Afrika yo hagati(Easter Africa and Central Africa Handball Federations Cup(ECAHF).
Twabibutsa ko amarushanwa ya EAPCCO aherutse kubera mu gihugu cya Tanzaniya ikipe ya Police HC ariyo yegukanye igikombe
Kinyarwanda
English










