Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

[AMAFOTO]: Police Handball Club itwaye igikombe cy’Irushanwa rya 2017 ryo kwibuka abakinnyi n’abafana b’uyu mukino bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda y’Umukino w’intoki (Police Handball Club), ku cyumweru tariki 4 z'uku kwezi yatwaye Igikombe cy’Irushanwa rya 2017 ryo  kwibuka abakinnyi, abafana n’abakunzi b’uyu mukino bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 itsinze ku mukino wa nyuma APR ibitego 36 kuri 21 .

Muri ibyo bitego 36 harimo 10 bya Tuyishime Zacharie. Uyu yahawe igihembo cy'umukinnyi wahize abandi; naho umuzamu wa Police Handball Club witwa Junior Agunda yahawe igihembo cy'umuzamu wahize bagenzi be.

Police Handball Club yahawe igikombe, ndetse abakinnyi bayo bambikwa imidari ya zahabu.

Uyu ubaye umwaka wa kane Police Handball Club itwara iki gikombe yikurikiranya.

Mu majonjora ya kimwe cya kabiri, Police Handball Club yatsinze Nyakabanda Handball Club ibitego 36 kuri 18.

Mu kiganiro n’Umutoza wayo, Assistant Inspector of Police (AIP) Antoine Ntabanganyimana  yagize ati,"Iri rushanwa ntiryari ryoroshye kubera ko  Amakipe yaryitabiriye akomeye. Twagombaga kwitegura bihagije, kandi neza kugira ngo tubashe  gutsinda umukino wose dukinnye;kandi ni ko byagenze."

Yongeyeho agira ati,"Kuba twegukanye iki gikombe tubikesha imyitozo ihagije , gutegura neza abakinnyi n'ishyaka ryo gutsinda."

Yashimye  Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda ku bufasha n’inama budasiba kubaha, ndetse aboneraho gushimira abakinnyi abereye Umutoza ku murava wabo watumye batwara Igikombe.

Amakipe yo muri aka karere yitabiriye iri rushanwa ni Ikipe ya Kaminuza ya Makelele (Uganda), iya Polisi ya Uganda, na Ngome yo muri Tanzania.

Ay'imbere mu gihugu ni APR, Nyakabanda, Groupe Scolaire de la Salle na Police Handball Club.