Kuri uyu wa 28 Nzeri , mu murenge wa Sake akagari ka Gafunzo umudugudu wa Kiriho niho hakorewe umuganda usoza ukwezi ku rwego rw’Akarere ka Ngoma aho hatunganyijwe ubutaka bungana na Ha 117 zizaterwamo ibiti bibangikanwa n’imyaka mu cyumweru cyahariwe amashyamba.
Ni umuganda witabiriwe n’abayobozi bakuru mu nzego za Leta n’izumutekano barimo Minisitiri w’Ubutaka n’Amashyamba Madame Tumushime Francine ari kumwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda CGP Emmanuel K Gasana

Umuganda rusange w’itabiriwe n’abaturage b’umurenge wa Sake, Ingabo na Polisi ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha (RYVCP) waranzwe no gucukura imiringoti , ahazaterwa ibiti n’ibyatsi bibangikanwa n’imyaka mu rwego rwo kurwanya isuri .
Minisitiri w’ubutaka n’amashyamba Tumushime Francine yashimiye abaturage umurava bagaragaje mu kwitegura igihembwe cya mbere cy’ihinga ndetse n’icyumweru cyahariwe amashyamba
Yagize ati’’ Mbashimiye igikorwa cyindashyikirwa mwakoze mu gahuza ubutaka ibintu byakozwe kare ubu mwese mu kaba mwiteguye gutera ibiti mu cyumweru cyahariwe amashyamba.’’

Minisitiri Tumushime akomeza agaragaza ko gutera ibiti byinshi bizagira uruhare mu guhangana n’icyibazo cy’imvura nke n’amapha bikunze kugaragara mu Ntara y’Iburasirazuba .
Yagize ati” Intara y’iburasirazuba ifatwa nk’ikigega cy’Igihugu ku bikomoka ku buhinzi ndetse n’ubworozi gutera ibiti ni imwe mu ngamba zizadufasha guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ‘’
Minisitiri Tumushime asoza avuga ko inzego zitandukanye zifatanyije n’abaturage hagerwa kuri byinshi kuko akimuhana kaza imvura ihise. Minisiteri ayoboye izakomeza kubatera inkunga mu rwego rwo ku bungabunga ibiti bizaterwa mu cyumweru cyahariwe amashyamba kuburyo agace ka Sake gahinduka ikitegererezo mu kubungabunga ibidukikije.

Umuyobozi mu kuru wa Polisi CGP Emmanuel K Gasana yabwiye aba baturage ko kugirango umutekano ugerweho bisaba imbaraga za buri wese.
Yagize ati” Iyo buri wese afite uruhare mu kurinda, kurindwa ndetse no kwirinda nibwo Igihugu cyiba gifite umutekano usesuye kubigeraho bisaba imbaraga za buri wese”
IGP Gasana asoza asaba abaturage kurushaho kurangwa n’ubufatanye batangira amakuru kugihe kugirango Polisi n’izindi nzego z’umutekano zibashe gukumira ibyaha, gutahura ibyaha ndetse no gutabara aho bigaragaye.
Icyumweru cyahariwe amashyamba kizatangira ku wa 27 Ukwakira mu Gihugu hose hazaterwa ibiti ku buso bungana na hegitari 3000 ndetse na hegitari 68,000 zizaterwaho ibiti by'imbuto ziribwa.
English









