Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga ku mutekano wo mu muhanda ku banyarwanda b’ingeri zose bakoresha umuhanda, ni mu bukangurambaga bwiswe Gerayo Amahoro. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa kabiri tariki ya 17 Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera baganirije abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare aba bakunze kwitwa abanyonzi, bakangurirwa ko bagomba kubahiriza amategeko y’umuhanda, ni ibiganiro byari byitabirwe n’abagera ku 1800 bose bakorera muri aka karere ka Bugesera.

Umuyobozi ushinzwe umutekano mu mihanda minini (Highway) mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda Superintendent of Police (SP) Tom Rusanga ari kumwe n’ Umuyobozi w’agashami gashinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Bugesera Sebatware Magellan. Hari kandi n’umuyobozi wa Polisi muri aka karere ndetse n’Umuyobozi w’umurenge wa Nyamata, ari naho aba banyonzi bahuriye.
SP Rusanga yavuze ko gukumira impanuka bitareba gusa Polisi ahubwo ari inshingano kuri buri muntu wese ukoresha umuhanda.
Yagize ati “ Impanuka zakwirindwa buri wese yumvise ko kuzirwanya ari inshingano ze ,akubahiriza amategeko agenga umuhanda,niyo mpamvu Polisi ihora ikangurira abantu kuyubahiriza kugira ngo tubashe kuzikumira.”
Yongeyeho ko kandi abanyamagare birengagiza ko nabo amategeko agenga umuhanda abareba nk’abantu bakoresha umuhanda kenshi.
Yagize ati:” Namwe amategeko agenga umuhanda arabareba kuko murawukoresha mutwara abagenzi, iyo muyirengagije niho hava intandaro yo kubura ubuzima bwanyu ndetse n’abo muba mutwaye.”
SP Rusanga yongeyeho ko impanuka nyishi ziterwa n’ubusinzi,ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ,umuvuduko ukabije hamwe n’uburangare, asaba aba banyonzi kwirinda ibyo byose.
Yababwiye ko nyuma y’igihe kirekire babigisha uko bagomba gukoresha umuhanda igikurikiyeho ari uguhana utubahirije amategeko, yabibukije ko batagomba kugenda ku igare bumaze kwira hari umwijima.
Sebatware Magellan, Umuyobozi w’ Ishami rishinzwe guteza imbere imiyoborere myiza mu karere ka Bugesera yabwiye aba banyonzi ko akazi kabo ari umwuga wabageza kuri byinshi baramutse bawitwayemo neza.
Yagize ati “ Gutwara abantu ku magare ni umwuga watuma mugera kuri byinshi mwifuza , ariko nta kuntu mwabigeraho mu tubahirije amategeko awugenga .”
Yakomje ababwira ko bagomba kubarihiza amasaha bahawe n’ubuyobozi yo gusoza akazi kabo batarenza saa kumi n'ebyiri z'umugoroba (18h00) mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo ndetse n’abandi bakoresha umuhanda.
Sebatware yabibukije ko umwenda w’akazi bambara ariwo ugomba kubaranga mu kazi kabo ka buri munsi. Yashoje ababwira ko isuku ari isoko y’ubuzima bityo ko bagomba guharanira kuyigira bakirinda ko uwo batwaye yagenda yipfutse ku mazuru kubera impumuro mbi y’umutwaye.
Akarere ka Bugesera ni ko kaza ku isonga mu kugira abanyonzi benshi aho barenga ku bihumbi bitanu (5000).
Kuva mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2019 kugeza mu ntangiriro za Nzeri hamaze kuboneka impanuka 28 muri kano karere ka Bugesera , 12 muri zo zabereye mu murenge wa Nyamata.
Kinyarwanda
English











