Abapolisi b'u Rwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga umutekano by'Umuryango w'Abibumbye UN muri Cote d'Ivoire biyemeje gukomeza kuba intangarugero.
Uku kwiyemeza gukomeza guhesha isura nziza Polisi y'u Rwanda n'igihugu cyacu ni ibyavuye mu nama yahuje abo bapolisi mirongo ine bari mu gihugu cya Cote d'Ivoire mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw'Umuryango w'Abibumbye bwitwa ONUCI.Iyo nama tariki ya 8-10/2014.Yabereye mu Mujyi wa Yamousoukro.
Uyoboye abo bapolisi Chief Superintendent Gerard Ntare yavuze ko abapolisi bakomeje kwitwara neza mu kazi kabo hirya no hino muri Cote d'Ivoire mu bikorwa bitandukanye birimo kwigisha abaturage n'inzego z'umutekano muri icyo gihugu kurwanya ihohoterwa cyane cyane irishingiye ku gitsina ndetse no kwicungira umutekano .(community Policing).
CSP Gerard Ntare akaba yasabye abo bapolisi gukomeza kwitwara neza no gukorana umwete ndetse n'ubuhanga n'ubunararibonye arikp kandi anabibutsa ko ubufatanye n'abandi bapolisi bo mu bindi bihugu ari ngombwa mu kuzuza neza inshingano zabo.
Twababwira ko aba bapolisi bari muri iki gihugu cya Cote d'Ivoire guhera mu kwezi kabiri uyu mwaka bakaba bakorera mu bice bitandukanye by'iki gihugu no mu murwa mukuru Abidjan.
U Rwanda rukaba rusanzwe rutanga umusanzu warwo mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi aho rufite n'abandi bapolisi nko muri Haiti,Mali, Sudani ,Sudani y'Epfo n 'ahandi.
Kinyarwanda
English











