Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti bakiriwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa bya Polisi

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Werurwe 2014, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa bya Polisi, DIGP Dan Munyuza  yakiriye abapolisi 9  bavuye mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti.

Chief  Superintendent Reverien Rugwizangoga  wari uyoboye aba bapolisi, yashimye Polisi y’u Rwanda yabohereje, avuga ko bahakuye ubunararibonye, bikaba bizabafasha mu kazi kabo ka buri munsi, akaba yavuze ko ubumenyi bahakuye bagiye kubusangiza bagenzi babo.

DIGP Munyuza  yabifurije ikaze mu Rwanda no muri Polisi y’u Rwanda by’umwihariko, abashimira uko bitwaye mu kazi n’uko bagakoze neza, abashimira uburyo babanye neza aho bari  mu mahanga ndetse n’uko bahesheje ishema igihugu cyabatumye.

Yabibukije kandi ko mu gihe bamaze batari mu gihugu, Polisi y’u Rwanda nayo yakomeje gutera imbere cyane mu mikorere y’akazi n’imyitwarire(disipulini), bityo bakaba bagomba kurangwa nabyo aho bagiye gukorera, birinda icyahesha Polisi isura mbi nka ruswa n’ibindi byose bitemewe.

Yasoje abasaba ko ubumenyi n’ubunararibonye bahakuye babisangiza bagenzi babo bagiye gukomezanya akazi.

Aba bapoli  bari bamaze umwaka umwe bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) mu gihugu cya Haiti.

Kugeza ubu abapolisi b’u Rwanda  bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi mu bihugu bitandukanye aribyo  Haiti, Sudani,  Sudani y’Amajyepfo, Liberiya, Gineya Bisawu,  Mali, Cote d’Ivoire ndetse no mu Ntara ya Abyei iri hagati ya Sudani na Sudani y'Amajyepfo.