Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Abakozi b’ikigo gicunga umutekano batangiye amahugurwa azabafasha kongera ubumenyi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2019 abakozi 30 bashinzwe gucunga umutekano  mu kigo kigenga  kizwi ku izina rya Veterans Company Security Services batangiye amahugurwa y’iminsi ibiri. Abahugurwa   nabo bazajya guhugura bagenzi babo bari hirya no hino mu gihugu barenga 400.

Atangiza aya mahugurwa,  umuyobozi w’ishami  rya Polisi  rishinzwe ibigo byigenga bicunga umutekano Assistant Commissioner of Police(ACP) Jean Nepo Mbonyumuvunyi  yakanguriye abayobozi b’ibigo byigenga bicunga umutekano kujya  bahora  bahugura abakozi babo mu rwego rwo kurushaho kubongerera ubumenyi.

Yakomeje avuga ko ibigo byigenga ari abafatanyabikorwa b’ingenzi mu gucunga umutekano w’igihugu ariyo mpamvu Polisi y’u Rwanda ihora yongerera ubumenyi abakozi b’ibigo kugira ngo bashobore gukora imirimo yabo  bafite ubumenyi bw’ibanze.

Yagize ati:”Abantu   bantu bacunga umutekano mu bigo bitandukanye kandi  bikomeye, niyo  mpamvu  nka Polisi y’u Rwanda tubahugura kugira ngo batazasigara inyuma.Tubakangurira gukora kinyamwuga, uko bazimya inkongi z’umuriro,Gukunda igihugu, uburyo bwo guhana hana amakuru ariko  cyane cyane tubereka ibyaha bishyashya birimo gukorwa uyu munsi n’amayeri akoreshwa.”

ACP Mbonyuvunyi  yakomeje  avuga ko abayobozi b’ibigo bicunga umutekano banakangurirwa kuzamura imibereho myiza y’abakozi babo kugira ngo babashe gutanga umusaruro mwiza,ibintu avuga ko kugeza ubu bimaze kugera  ku rwego rushimishije.

Ati:”Ntabwo dukebura aba batoya gusa ahubwo tunakebura n’abayobozi bakuru  kugira ngo n’imibereho yabo bayiteho.Hari  ibigo usanga bikoresha nabi abakozi babo,  babahemba ubusa.Ariko kuva twatangira kubakebura  usigaye  ubona ko bambara neza, usanga bakeye,mbese ubona ko bakora bafite  umurava.”

Nibigira Daniel, ni umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Veterans Company  Security Services  avuga ko aya mahugurwa bayitezemo byinshi bizabafasha kurangiza neza inshingano zabo zo gucunga umutekano w’ibigo by’abaturarwanda.Ariko cyane cyane guhugurwa ku mayeri mashya yo gutahura abanyabyaha.

Yagize ati:”Aya mahugurwa azadufasha cyane mu kongera ubumenyi  k’ukumenya uburyo turinda ibigo ,kumenya abaza batugana ,tukamenya uje  afite imigambi mibisha n’uburyo twamufata”.

Rucogoza Leonard  na Byukusenge Josiane ni bamwe mu barimo guhugurwa, bavuga ko Polisi y’u Rwanda nk’urwego rufite ubunararibonye  ruzabafasha cyane cyane mu gusangira amakuru  yashobora guhungabanya umutekano bityo bakajya babikumira   bitaraba ndetse biteze ko aya mahugurwa bazayungukiramo ubumenyi buzabafasha kumenya ibyaha bishya birimo kuba n’amayeri abanyabyaha bagenda bakoresha.

Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda imaze guhugura  abakozi b’ibigo 6 byigenga bicunga umutekano,hakaba hari gahunda yo  kuzahugura  ibigo byose bikorera mu gihugu. Ubu mu Rwanda harabarirwa  ibigo bicunga umutekano byigenga bigera kuri 17, bikaba bifite abakozi  bagera ku bihumbi 21.