Kuri uyu wa gatanu tariki ya 29,Kanama Polisi y’u rwanda yataye muri yombi abantu 5 bafite uruhare mu iyibwa ry’amafaranga erenga Miliyoni 580 zibwe mu ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe gutsura amajyambere (UNDP) rikorera mu Rwanda nyuma yo guhimba imishinga ya baringa itabaho.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police Damas Gatare yavuze ko abagize uruhare mu kwiba ari Evelyne Ben Dadale,ushinzwe kwakira no gutegura impapuro zishyuza muri UNDP, Viviane Masabo umukozi muri REMA n’ushinzwe imyubakire Liliane Kente, Jeremie Rucamukibatsi na Michael Kabutura.
Yavuze ko aba bantu bose uko ari 6 bahimbye imishinga itabaho maze bigana umukono (sinya) by’umuyobozi mukuru ushinzwe kubungabunga ibidukikije maze biba amafaranga muri UNDP anga na Miliyoni 580,270,483 kuva hagti y’umwaka wa 2011 kugeza muri Kanama ,2014.
UNDP mu mishinga itandukanye muri REMA.
ACP Gatare yavuze ko Rucamukibatsi yafashwe na Polisi y’i igihugu cy’u Burundi kubusabe bwa Polisi y’u Rwanda naho abandi bakaba barafatiwe i Kigali nyuma yo gushyira imyirondoro y’abashakishwaga ku kumbuga nkoranya mbaga no kurubuga rwa Poilisi y’u Rwanda.
Imishinga yari yarizwe ikaba yari Biogas Rec Limited nyirawo ari Rucamukibatsi , harikandi Envirotech Consult limited jointly nyirawo yari Kente na Kabutura na Rwanda Bamboo society ya Johnson Nkusi.
Iperereza rikaba ryerekana ko amafaranga yashyizwe kuri konti ya Biogas Rec Limited, Envirotech Consult Ltd na Bamboo Society.
Assistant Commissioner of Police Gatare yagize ati " Uyu munsi nta muntu ushobora gukora ibyaha ngo narangiza ahunge kuko Polisi zo mu karere zashyize imbaraga hamwe na Polisi mpuzamahanga hamwe n’abaturage b’ibihugu byo mu karere kuburyo ntawakora icyaha ngo ahunge ubutabera”.
Inyigo z’imishinga ya baringa ikaba yaragiye itwara amafaranga kuburyo bukurikira:
Umushinga bavuga ko wakoreraga mu nkengero za Pariki y’ibirunga kuva muri Werurwe 2012 watwaye miliyoni 38.4 z’amafaranga y’u Rwanda, hari kandi umushinga wo kwita kubidukikije watwaye Miliyoni 37.2 wagombaga kuba warangiye mu Kuboza 2013, hakaba kandi inyigo y’umushinga kungaruka n’imihindagurikire y’ibihe mu rwanda yatwaye amafaranga y’ u Rwanda agera kuri Miliyoni 29.3 .
Iyi mishinga yose ikaba itarigeze ibaho ikaba yarasheshwe n’ubuyobozi bukuru bwa REMA.
Kinyarwanda
English











