Kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Mata, mu karere ka karongi hasojwe icyiciro cya 2 cy' amahugurwa y'iminsi 2 ku burenganzira bw'ikiremwamuntu no guperereza ibyaha yahabwaga abayobozi ba sitasiyo za Polisi, abagenzacyaha n'abashinjacyaha bakorera mu ntara y'Iburasirazuba.
Aya mahugurwa akaba agamije kongerera ubumenyi abayobozi ba za Sitasiyo za Polisi, abagenzacyaha n'abashinjacyaha bakorera muri iyo ntara kugira ngo barusheho gutanga ubutabera hubahirijwe amategeko, no kwegeranya inzego z'ubutabera kugirango zisesengurire hamwe imiterere n'imbogamizi zihura nazo mu kazi bityo zikungurana inama ku byakorwa kugirango zirusheho gutanga ubutabera.
Umwe mu barimu batanze amasomo Chief Inspector of Police (CIP) Jean Claude Karasira, yahishuriye abayitabiriye ubuhanga bukoreshwa mu kubaza abatangabuhamya ndetse n'abakurikiranyweho icyaha, aho yagize ati:" Polisi ntiyagera ku nshingano zayo, ntiyabona amakuru idakorana n'abaturage. N'ubwo abakekwaho icyaha baba batishimiwe na sosiyete, ni abantu kandi bafite uburenganzira buteganywa n'amategeko, bagomba kubazwa ku byaha bakurikiranyweho mu buryo bwubahirije amategeko kandi kinyamyuga. Abatangabuhamya bo ni abafatanyabikorwa ba Polisi, nibo baduha amakuru azifashishwa kugirango abanyabyaha bagashyikirizwa ubutabera, tugomba kububaha kandi tukamenya umutekano wabo ku bw'amakuru baba batanze".
Umugenzuzi Mukuru w'Ubushinjacyaha mu rwego rw'igihugu Ntete Marius wari mu muhango wo gusoza aya mahugurwa, we yagaragaje ibyaha biri gukorwa muri iki gihe n'ingamba zo kubikumira, anerekana n'uburyo zakorana mu kubiperereza no gushyikiriza abanyabyaha inzego z'ubutabera igihe byabaye. Yanagarutse ku mbogamizi izo nzego zihura nazo, n'uburyo zakwigira ku makosa yagiye akorwa mu rwego rwo kunoza imikorere.
Asoza aya mahugurwa ku mugaragaro, Umuyobozi w'ishami ry'ubugenzacyaha muri Polisi y'u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege yashimiye abayitabiriye ikinyabupfura n'ubwitange bagaragaje, anagaruka ku ntego y'aya mahugurwa zirimo kwiyongeramo ingufu n'ubumenyi nndetse no kumenyana n'urwego rw'ubushinjacyaha Polisi ikorana narwo mu rwego rw'ubutabera. Yagaragaje ko Polisi idashobora kurwanya ibyaha itazi uko bihagaze mu mibare, aboneraho umwanya wo kugaragaza ibyaha bifite imibare myinshi birimo, ibiyobyabwenge no gukubita no gukomeretsa.
Yanagarutse ku byaha bindi bigira ingaruka ku buzima bw'igihugu, avuga ko n'ubwo imibare yabyo iri hasi ugereranyije n'ibindi byaha muri rusange, avuga ko ibigaragara muri iyi minsi ibyaha by'ingengabitekerezo ya jenoside, ivangura n'amacakubiri, ibyaha bihungabanya umutekano wa leta, ibyaha byo gucuruza abantu n'ibyaha bimunga umutungo.
ACP Badege yasoje asaba abitabiriye aya mahugurwa kuzashyira mu bikorwa ubumenyi bayakuyemo baharanira gugatanga ubutabera ku muntu wese uzaza ubagana.
Umwe mu bitabiriye aya mahugurwa Inspector of Police (IP) Felicien Gasirabo, yavuze ko aya mahugurwa ari ingirakamaro muri aya magambo: "Aya mahugurwa atugiriye umumaro munini. Twigiyemo ibigendanye no kubahiriza ikiremwamuntu cyane cyane ku bireba abakekwaho icyaha. Tugiye kunononsora amaperereza dukoresha neza ibyo twize. Ibiganiro twagiranye n'abashinjacyaha twari kumwe muri aya mahugurwa bidufashije kumenya uburyo tuzajya dukora amadosiye yuzuye kandi afite ibimenyetso bifatika".
Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wanitabiriwe n' umuyobozi wa Polisi mu ntara y'Iburasirazuba Chief Superintendent of Police (CSP) Reverien Rugwizangoga, uhagarariye ubushinjacyaha mu karere ka Karongi, n'uwari uhagarariye umuryango udaharanira inyungu wunganira abantu mu mategeko (Legal Aid Forum (LAF) ari nawo utera inkunga aya mahugurwa.
Kinyarwanda
English











