Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe, Polisi ikorera mu turere twa Nyarugenge, Gicumbi, na Rubavu, yafashe abagabo Batanu bakekwaho gucuruza no gutunda ibiyobyabwenge bingana n’udupfunyika 1,426 tw'urumogi.
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Insppector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yavuze ko amakuru yo gufatwa kw’aba bose yatanzwe n’abaturage.
Ati: “Mutabazi Fidele w'imyaka 27 yafatiwe mu kagari ka Nyakabanda ll, Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge afite udupfunyika tw’urumogi 1,092. Akaba yari arukuye mu karere ka Rubavu arutwaye mu muzindaro wa Radiyo (bafure) , abaturage bo mu murenge wa Nyakabanda bamubona arukuramo bahita batanga amakuru kuri Polisi iramufata.”
Abandi bacuruzaga ibiyobyabwenge ni Mugisha Jean Paul w’imyaka 25, Bahati Kabanda w’imyaka 38 na Nsabimana Jean Marie Vianney w’imyaka 24, aba bakaba barafatanwe udupfunyika tw’urumogi 222. Bafatiwe mu kagari ka Gacurabwenge mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi.
Aba nabo bakaba barafashwe kuri uyu wa 13 Werurwe ku makuru yatanzwe n'abaturage. wa Nyankenke aho barurangura.
Na none ku mupaka wa Rubavu ahazwi nko kuri poids lourds hafatiwe umusore witwa Sindikubwabo w’imyaka 23 afite urumogi udupfunyika 112, yari arukuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yarwambariyeho mu myenda y’imbere. Uyu akaba yarafashwe n’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu rikorera ku mipaka ubwo basakaga abantu bagasanga yaruhishe mu myenda y’imbere.
Aba bose bafashwe bashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ngo bakurikiranwe ku byaha bacyekwaho.
CIP Umutesi yibukije abaturage ko ibiyobyabwenge byangiza ubuzima bw'ababinywa bikanateza n’umutekano muke mu muryango nyarwanda. Niyo mpamvu kubirwanmya no kubikumira hakenewe ubufatanye bukomeye hagati y’abaturage n’izindi nzego binyuze mu guhana amakuru ku babicyekwaho.
Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira urumogi mu cyiciro cy'ibiyobyabwenge bihambaye.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.
Kinyarwanda
English











