Trending Now
#

Rwanda National Police

Service - Protection - Integrity

#

Polisi y’u Rwanda yitabiriye umuganda ngarukakwezi

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 31 Mutarama umuyobozi w'akarere ka Kicukiro Paul Jules Ndamage  arikumwe n'umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana bifatanyije n’abamotari ndetse n’urubyiruko rw’abakorana bushake aho bahuriye  mu gikorwa cy'umuganda rusange  mu murenge wa Nyarugunga, akagari ka Rwimbogo  batunganya ubu sitani batema ibyatsi n’ibihuru.

Muri iki gikorwa cyashojwe n’ubusabane hakaba hahembwe urubyiruko n’abamotari batandukanye bagiye bagira uruhare mu gutanga amakuru  y’ibyahungabanya umutekano.

Umuyobozi  mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana, mu ijambo rye, yasabye abitabiriye umuganda   gukomeza umugambi wo guteza imbere igihugu mu bikorwa bitandukanye birimo gucunga umutekano barushaho gufatanya na Polisi batangira amakuru ku gihe.

IGP Gasana  yabakanguriye gukomeza gusigasira ibyagezweho no kugira ubufatanye mu iterambere rirambye,bakumira ibyaha  kandi bakirinda impanuka kuko zitwara ubuzima bw’abanyarwanda benshi.

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro Paul Jules Ndamage yashimiye  Polisi y’u Rwanda kuba yifatanyije  n’abamotari, n’urubyiruko rw’abakorana bushake mu gikorwa cy’umuganda akaba ari nawo muganda wambere muri uyu mwaka wa 2015.

Yababwiye ko umuganda ari igikorwa cyiza cyo kwiyubakira igihugu maze abaganiriza ku munsi w’intwari uzizihizwa tariki ya 1 Gashyantare abasaba kuzitabira uwo munsi uzabera mu mudugudu kandi bagaharanira kuba intwari.