ku itariki ya 24/07/2014 mu gihe cya saa munani za kumanywa 14;pm mu mudugudu wa Giticyinyoni akagari ka Nyabugogo umurenge wa Kigali mukarere ka Nyarugenge hafatiwe abagabo babiri aribo, Byuma Hassan ufite imyaka 27 na Hategekimana Ignace w’imyaka 31 bafatanywe urumogi udupfunyika 3078 ruri mu modoka Toyota Calina Plaque RAA982Z.
Aba baregwa bakaba bafungiye kuri station ya polisi ya Mageragere mu gihe hagikorwa iperereza kubyaha baregwa .
Byuma Hassan avugako urumogi yafatanywe yarutumwe n’umudamu witwa Bampire Sumaya utuye mu Kagari ka Nyarufunzo mu murenge wa Mageragere, amuha amafaranga 50000Frw akarumuzanira I Kigali .
Byuma Hassan yanazaganwe permis itari iye akaba ari iy’uwitwa Tugirimana J.Damour yibiwe mukagari ka Rugarama mu murenge wa Nyamirambo kuwa 28/04/2014.
Ifatwa ry’aba bagabo bikaba byatewe niherekanya makuru ry’ihuse hagati ya polisi n’abaturage.
Byuma Hassan akaba yaratwaye imodoka atabifitiye uburenganzira aho yasanganwe permi y’inyibano.
Umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali SP Modeste Mbabazi avugako aba baregwa bakurikiranyweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge ,n’icyaha cy’ubujura.
Akaba yagiriye inama abantu kureka gukoresha ibiyobyabwenge cyane ko bibashora mu bindi byaha bishamikiye ku kunywa ibiyobyabwenge.
English
Kinyarwanda











