Mu ijoro ryo kuwa 21 Gashyantare 2014, mu nzu y’ikigo cy’ubwishingizi SORAS giherereye mu kagari ka Kiyovu, mu murenge wa Nyarugenge, akarere ka Nyarugenge habereye ubujura buciye icyuho ubwo abajura babiri binjiyemo batwara ibyuma 2 bya sikaneri(Scanner),icyuma kizana ihuzanzira muri mudasobwa zaho(network switch), televiziyo imwe, mudasobwa ndendanwa imwe n’amafaranga 590 000 y’amanyarwanda.
Ubu bujura bwamenyekanye mu gitondo cyakurikiyeho, aho babimenyesheje sitasiyo ya Polisi ya Muhima nayo yahise itangiza iperereza, nyuma y’igihe gito ikamuta muri yombi ndetse ikamusangana iriya televiziyo na ziriya sikaneri zombi ubwo yasakwaga; naho mugenzi we akaba agishakishwa.
Nyuma yo guta muri yombi uyu mugabo ukekwaho kwiba muri iki kigo, umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Senior Superintendent Urbain Mwiseneza yashimye ubufatanye bw’abaturage na Polisi mu guhanahana amakuru hagamijwe kurwanya abakora ibyaha, akaba yaragiriye inama kandi abafite ibigo bitandukanye ko bashyiraho ingamba zo kurinda ibikoresho byabo , nko gukoresha abazamu bizewe no gushyiraho ibyuma bifata amashusho y’ibikorerwa mu nyubako bakoreramo , n’ibindi,….kugira ngo byorohereze ikurikiranwa ry’uwaba yahakoreye icyaha cyose cyane cyane ubujura.
English
Kinyarwanda











