Trending Now
#

Rwanda National Police

Service - Protection - Integrity

#

NYARUGENGE: Abantu 176 bahuguriwe kurwanya inkongi yumuriro

Ku itariki ya 23 Nyakanga   mu Karere ka Nyarugenge , umurenge wa Nyakabanda , akagali ka Nyakabanda 2,Umudugudu wa Kirwa Kuri stade Regional i Nyamirambo .

Habereye  amahugurwa yo kurwanya inkongi y’umuriro,no kwicungira umutekano, yahuje abantu ijana na mirongo irindwi na batandatu ( 176) barimo  abahagarariye amadini, ibigo byamashuli na abahagarariye abikorera ku giti cyabo mu imirenge igize akarere ka Nyarugenge.

Bafata ingamba ko bitarenze ku itariki ya 15, Kanama, 2014 bazaba bamaze kugura ibikoresho byokwifashisha ndetse bikaba byashyizwe  munyubako zabo.

Aya mahugurwa yaragamije , kubahugura kubyerekeye no gucunga umutekano munsengero,amatorero,amadini n’ibigo byamashuri biri mukarere ka Nyarugenge,harimo no kurwanya inkongi z’imiriro.

Atangiza ayamahugurwa umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge Mukasonga Solange yasabye abitabiriye amahugurwa gukurikira neza inyigisho no gusangiza  ubumenyi  kubataje mu mahuugurwa,  yibukije kandi  ko buri muntu agomba kugira uruhare mukwicungira umutekano.

SSP Jean de Dieu  Gashiramanga uhagarariye ishami rya polisi rishinzwe guhosha inkongi z’imiriro n’ubutabazi muri polisi yasobanuriye abari mumahugurwa ko bagomga gufatanya na polisi mugucunga umutekano batangira amakuru kugihe  abasaba kwongera ingufu mugucunga umutekano w’aho bakorera.

Bakifashisha ibikoresho bibafasha mugucunga umutekano nka CCTV Cameras n’ibyumwa bikoreshwa mugusaka.

SSP Jean de Dieu  Gashiramanga yakomeje abasobanurira  ko bagomba gukumira inkongi z’umuriro ziterwa ahanini no kutazikumira, uburangare no kutita kubintu .

Yabasabye ko bakwita kukufata amazi yimvura ava kunyubako bakaba bayifashisha igihe  habaye inkongi z’imiriro.

Nyuma yo kwiga habayeho gushyira mubikorwa ibyo bari bamaze kwiga harimo kuzimya inkongi zimiriro hifashishejwe kizimwamoto n’umucanga.

Uwampogoje Merry umuyobozi wikigo cya E.P Muhima akaba yavuze  ko nyuma yamahugurwa yabonye yungutse byinsi akaba agiye kubyigisha abo bakorana.