Trending Now
#

Rwanda National Police

Service - Protection - Integrity

#

Nyagatre: Abanyeshuri bafatanyije na Polisi gusibura ibimenyetso byo mu muhanda

Kuri uyu wagatanu tariki 18 Nyakanga   mu karere  ka Nyagatare  umurenge wa  Rwimiyaga  akagali ka Nyarupfubire  kubufatanye bwa  Police n’ibigobyamashuri bya New life, Mary hill Academy n’ abamotari  ,hakozwe  igikorwa cyo gusibira imirongo yo mu muhanda aho abanyamaguru bambukira hazwi nka  Zebra crossing.

Nyuma y’igikorwa hakaba hakozwe inama maze bagirana ibiganiro, bigishwa uburyo  bakwiye kujyabakoresha neza umuhanda.

Inspector Emile Habumukiza  ushinzwe guhuza  abaturage na Polisi  ikorera muri ako karere yasabye abanyeshuri kujya birinda impanuka barushaho gukoresha neza umuhanda.

Yakanguriwe abanyeshuri gukoresha neza ahagenewe kwambukirwa n’abanyamaguru (Zebra crossing), iyi ikaba ari imirongo y’umweru ishushanyije mu muhanda, aho abanyamaguru bakoresha bambukiranya umuhanda.

Inspector Habumukiza yavuze ko igikorwa nk’iki cyo gukangurira abana b’abanyeshuri kumenya gukoresha neza umuhanda ari ngombwa kuko bifasha mu gukumira impanuka zo mu muhanda bakora bambukiranya umuhanda bajya cyangwa bava ku ishuri bikanabafasha gukura bazi neza amategeko y’umuhanda.

Yongeyeho ko iyi gahunda yo guhugura no kwigisha abanyeshuri ibyerekeranye n’amategeko y’umuhanda, izagera ku bigo byose by’amashuri byo muri ako karere.

Iyi gahunda ikaba ireba cyane cyane abamotari n’abandi bose batwara ibinyabiziga mu muhanda mu rwego rwo kubibutsa  ibyapa n’ibindi bimenyetso byo mu muhanda no  kwirinda umuvuduko ukabije hagamijwe kwirinda impanuka.