Trending Now
#

Rwanda National Police

Service - Protection - Integrity

#

Kigali: Inama ya Interpol yigaga ku guca umuco wo kudahana yasojwe

Inama mpuzamahanga ya 6 yahuzaga inzobere n’abashakashatsi ku ngamba zafatwa ngo hirindwe jenoside, ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasira inyokomuntu yaberaga i Kigali kuva kuwa mbere tariki ya 14, ikaba yari ifite insanganyamatsiko igira iti “turandure umuco wo kudahana”, yasojwe na Minisitiri w’umutekano mu gihugu kuri uyu wa gatatu tariki ya16 Mata 2014.

Asoza iyi nama ku mugaragaro, Minisitiri Sheikh Musa Fazil Harelimana yavuze ko  kurandura umuco wo kudahana bisaba ubufatanye hagati y’ibihugu bitandukanye.

Minisitiri Harelimana yashimiye ibihugu byayizeho amategeko afata akanahana abakoze jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.

Yanasabye ibihugu bitarashyiraho ayo mategeko ko byafatira urugero kubyamaze kuyashyiraho  mu rwego rwo kurandura burundu umuco wo kudahana.

Stefano Carvelli, ushinzwe gukurikirana abakoze ibyaha bagahungira mu mahanga mu muryango uhuza Polisi mpuzamahanga(Interpol), yavuze ko kugira ngo abakoze jenoside, ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu batabwe muri yombi, mbere na mbere ari ngombwa ko Polisi iba ifite amakuru y’aho baherereye nyuma bakabona gukorwaho iperereza,bagatabwa muri yombi, bakanashyikirizwa ubutabera
Yavuze kandi ko hari bamwe mu banyarwanda basize bakoze jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bahungiye mu mahanga batawe muri yombi na Polisi mpuzamahanga ifatanyije na Polisi y’u Rwanda .

Carvelli yanavuze ko kuba Polisi mpuzamahanga yarahisemo  guteranyiriza iyi nama mu Rwanda nk’igihugu cyabayemo jenoside, ari indi ntambwe yo yo kwerekana ko Polisi mpuzamahanga ishyize imbere itabwa muri yombi ry’umuntu wese wagize uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ukidegembya.

Yasoje avuga ko iyi nama yongereye imbaraga ibihugu bigize uyu muryango, bikaba bigiye kongera imbaraga mu gufata abasize bahekuye u Rwanda