Itsinda ry’abaharanira kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina 36 baturutse mu bihugu by’ Afurika y’Iburasirazuba bari mu nama i Kigali aho bigira hamwe uko barandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina no guhanahana ubunararibonye muri ibyo bihugu, kuri uyu wa kane tariki ya 4 Ukuboza 2014, basuye ikigo Isange One Stop Centre cyita kikanaha ubufasha abakorewe ihohoterwa gikorera mu bitaro bya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, basobanurirwa imikorere yacyo n’ubufasha giha uwahuye n’ihohoterwa kuva akihagera kugeza atashye.
Bakigera ku Isange One Stop Centre, bakiriwe n’umuhuzabikorwa w’icyo kigo, Chief Inspector of Police (CIP) Shafiga Murebwayire ababwira amavu n’amavuko ya Isange, abatembereza mu byumba bitangirwamo serivisi zitandukanye ndetse anabasobanurira kuri zimwe muri serivisi zitangwa n’ iki kigo ,zirimo guha uwakorewe ihohoterwa ubufasha muby’ ubuvuzi, ubutabera ndetse n’ ubujyanama kandi byose bakabihabwa ku buntu.
Dr. Nsabimana Michel ukomoka mu gihugu cy’u Burundi unakuriye ikigo Iwacu gishinzwe kurwanya Sida muri Polisi y’u Burundi, yavuze ko yishimiye intambwe Polisi y’ u Rwanda imaze gutera, by’ umwihariko mu bijyanye no kurwanya ndetse no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Yagize ati, “Birashimishije kuba uwahuye n’ ihohoterwa avurwa ku buntu akanafashwa no gukurikirana ikibazo cye mu butabera, ibi byose kandi bigakorerwa mu bitaro bimwe bidasabye ko uwahuye naryo ajya gushaka izi serivisi ahantu hatandukanye.”
Yongeyeho kandi ko ibyo we na bagenzi be bungukiye mu Isange One Stop Centre, bazabikwirakwiza mu bihugu bakomokamo, bityo abahura n’ihohoterwa bakajya bitabwaho neza nk’uko bitabwaho mu Rwanda.
Ikigo cya Isange One Stop Centre cyashinzwe ku bufasha bwa Nyakubahwa Madame Jeanette Kagame umufasha wa Nyakubahwa Perezida wa Republika mu mwaka w’2009, mu mwaka wa 2012 kikaba cyarahawe igihembo cy’imikorere myiza n’Umuryango w’Abibumbye.
English
Kinyarwanda











