Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

Abantu nibadahindura imyitwarire imibare y’abandura COVID-19 n’abo yica izakomeza kuzamuka-CP Kabera

Ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki ya 10 Mutarama 2021 ubwo umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yari kumwe n’umukozi muri Minisiteri y’ubuzima Dr. Theophile Dushime bagaragaje ko imibare y’abantu barimo kwandura icyorezo cya COVID-19 ndetse n’abo iki cyorezo kirimo guhitana irimo kurushaho kwiyongera.Inkuru irambuye

KIGALI: Polisi yerekanye abantu bacyekwaho uruhare mu kwangiza inkingi z'amashanyarazi

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Mutarama ku cyicaro cya Polisi  mu Mujyi wa Kigali Polisi yaherekanyeabasore Bane bacyekwaho   gufungura  ibyuma bigize inkingi z’amashanyarazi (Amapoto) bakajya kubigurisha. Bafatanywe ibyuma umunani bari barafunguye ku mapoto y’amashanyarazi, amaburo yabyo ndetse n’ibyo bifashishaga mu gufungura ibyo byuma.Inkuru irambuye

Rubavu: Babiri bafatanwe udupfunyika turenga 1,000 tw’urumogi

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 09 Mutarama  ishami rya Polisi y’u  Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryafashe uwitwa Semagori Emmanuel  w’imyaka 51 na Twizerimana Callixte w’imyaka 36. Bafatanwe udupfunyika tw’urumogi  1,002  bacuruzaga ahantu hatandukanye, bafatiwe mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Kanama.Inkuru irambuye

Ruhango: Abantu babiri bafatiwe mu cyuho bagerageza guha umupolisi ruswa

Mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 10 Mutarama nibwo Abapolisi bakorera mu Karere ka Ruhango muri Sitasiyo ya Ntongwe  bafashe Ntirushwamaboko Vincent w’imyaka 32 na Masengesho Daniel w’imyaka 25. Bafatiwe mu  Kagari ka Cyebero mu Mudugudu wa Gasuma barimo guha umupolisi ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 kugira ngo afungure mugenzi wabo Niringiyimana Claude wari ufungiwe gucuruza urumogi.Inkuru irambuye

Rubavu: Polisi yafashe abiyitaga abayobozi ba sitasiyo ya Polisi bakambura abaturage

Polisi y’u Rwanda  ikorera mu Karere ka Rubavu, Umurenge  wa Nyamyumba kuri uyu wa Mbere tariki  ya 12 Mutarama yafashe  Iranzi Innocent  w’ imyaka 37 na  Rwasubutare Callixte w’imyaka  52. Bafatiwe mu Kagari ka Rubona Umurenge wa Nyambyumba  bamaze kwambura  Habiyaremye Fabien  amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 20 bamushutse ko ari abayobozi muri Polisi y’u Rwanda ko bazamufungurira umuvandimwe ufungiye muri sitasiyo ya Polisi ya Nyamyumba.Inkuru irambuye

Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari

Kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Mutarama, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kagarama ku bufatanye n’inzego z’ibanze bafashe urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa bagera kuri 17 baraye bakora ibirori  barara banywa inzoga  banabyina bakesha ijoro.Inkuru irambuye

Nyaruguru: Polisi yafashe abantu 6 bafite ibiro 145 by’imyenda ya caguwa ya magendu

Mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 10 Mutarama 2021 Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Cyahinda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’inzego z’ibanze bafashe abantu batandatu bikoreye imyenda ya caguwa ya magendu bari bakuye mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi.Inkuru irambuye

Rubavu: Polisi yafashe umugabo n’umugore we bafite udupfunyika 2,480 tw’urumogi

Abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge(ANU) ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Mutarama  bafashe Ndayisenga w’imyaka 32 n’umugore we  Mureshyankwano Alice w’imyaka 26. Bafatanwe udupfunyika ibihumbi 2,480 tw’urumogi, bafatirwa mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Rugerero, Akagari ka Rwaza, Umudugudu wa Rwaza.Inkuru irambuye

Ngororero: Polisi yagaruje bimwe mu bikoresho byari byibwe umuturage

Kuri  uyu wa Gatanu tariki ya 15 Mutarama Polisi y'u Rwanda ikorera Karere ka Ngororero mu Murenge wa Kabaya yagaruje bimwe mu bikoresho byo mu nzu byari byibwe umuturage inafata uwitwa Uwihoreye Jean Claude ufite imyaka 26 umwe mu basore 3 bacyekwaho icyaha cy'ubujura bwo guca urugi bakinjira mu nzu ya Nyiransabimana Josiane w'imyaka 28 bakibamo ibikoresho bitandukanye.Inkuru irambuye